Al hilal sc ikomeje kwandika amateka muri Africa nyuma yo kwegukana igikombe cya shampiyona mu gihugu cyu Rwanda

Al hilal sc ikomeje kwandika amateka muri Africa nyuma yo kwegukana igikombe cya shampiyona mu gihugu cyu Rwanda

Al hilal sc ikomeje kwandika amateka muri Africa nyuma yo kwegukana igikombe cya shampiyona mu gihugu cyu Rwanda

Al hilal sc yongeye ikora ibyo yakoze umwaka wa 2024/2025 ubwo yatwaraga igikombe muri mourtania nku mushitsi

Al hilal sc ikomeje kwandika amateka muri Africa nyuma yo kwegukana igikombe cya shampiyona mu gihugu cyu Rwanda
Ikipe ya Al-Hilal SC  yo muri Sudan yegukanye Igikombe cya bk pro league shampiona y'cyiciro cya mbere hano mu gihugu cyu Rwanda nyuma yo gutsinda Gasogi United ibitego 2-1, ikizera gusoreza ku mwanya wa mbere muri BK Pro League 2025/26 isigaje imikino itatu.

Uyu mukino w’Umunsi wa 33 wa BK Pro League wabereye kuri Kigali Pelé Stadium kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 13 Gicurasi 2026.

Al-Hilal SC yasabwaga kunganya gusa ngo ibone inota  rimwe , yabanjemo benshi mu bakinnyi bayo bakomeye ndetse yihariye umukino mu minota myinshi.

Umukino watangiye amakipe yombi yatakana kurwego rwo hejuru aho ikipe ya gasogi united yahushije uburyo bwinshi imbere y'izamu maze uko guhusha uburyo bwabazwe Al hilal sc irabakosora.

Byasabye hafi iminota igera kuri  15,  Kamaradini  Mududu afungura amazamu ku ruhande rwa Al-Hilal SC, aho yatsinze igitego n’umutwe ku mupira yateye inshuro ebyiri nyuma yo kwidunda ku mutwe wa Ngono Guy Hervé uvuye kuri Mohamed Ahmed.

Girumugisha Jean Claude wagize umukino mwiza , yateye umupira mwiza wanyuze ku ruhande ku munota wa 53 maze umunyezamu wa gasogi united akora akazi gakomeye.

Walieldin Daiyeen Pogba yatsinze igitego cya kabiri cya Al-Hilal SC kuri penaliti yinjije neza ku munota wa 67 nyuma y’uko Ngono Guy Hervé yari akoreye ikosa kuri Ousmane Diouf.

Ikipe ya gasogi united yaje kubona igitego cyimozamarira kuri penalty yinjijwe neza na  Ngono Guy Hervé ku munota wa 89, yinjiza penaliti yavuye ku ikosa Emmanuel Flomo yakoreye kuri Kanamugire Arsène mu rubuga rw’amahina.

Al-Hilal SC yagize amanota 73 mu mikino 31 ya BK Pro League 2025/26 imaze gukina, yizera gusoreza ku mwanya wa mbere kuko irusha amanota 14 APR FC ya kabiri, na yo isigaje imikino itatu mu gihe kandi irusha amanota 13 Al-Merrikh SC ya gatatu isigaje imikino ine irimo uzayihuza n’uyu mukeba wayo wo muri Sudani.

APR FC ishobora gushyikirizwa ikindi gikombe ku Cyumweru mu gihe yaba itsinze  Rutsiro FC. Uyu mwaka, Rwanda Premier League yemeje ko izatanga ibikombe bibiri kuko Al-Hilal SC na Al-Merrikh zari amakipe y’abashyitsi.

























Share this article

Facebook Twitter LinkedIn WhatsApp Instagram
Trending Now