Al Hilal SC yiyemeje kutongera gukina ku manywa nyuma y'umukino wa Rayon Sports

Al Hilal SC yiyemeje kutongera gukina ku manywa nyuma y'umukino wa Rayon Sports

Al Hilal SC yiyemeje kutongera gukina ku manywa nyuma y'umukino wa Rayon Sports

Al Hilal SC yiyemeje kutongera gukina ku manywa nyuma y'umukino wa Rayon Sports
Umutoza mukuru wa Al Hilal SC, Laurențiu Reghecampf, yatangaje ko ikipe ye itazongera gukina imikino ya Shampiyona y’u Rwanda mu masaha y'amanywa, yibutsa ko hafi ya bose mu bakinnyi be ari Abasilamu bari mu gisibo cya Ramadhan. 

Ibi yabitangaje nyuma y'umukino w'ikirarane w'umunsi wa 19 wa Shampiyona, wabaye ku wa Gatatu tariki ya 25 Gashyantare 2026, aho Al Hilal SC yanganyije na Rayon Sports igitego 1-1 kuri Kigali Pelé Stadium.
‎Reghecampf yagaragaje uburakari budasanzwe nyuma y'uyu mukino, ashinja abategura Shampiyona (FERWAFA na Rwanda Premier League) kwirengagiza ubusabe bw'ikipe bwo kwimura imikino yabo ikajya ikinwa mu masaha ya nijoro.
 Yasobanuye ko kuba abakinnyi batarya, ntibanywe, kandi ntibasinzire neza mu gihe cy'igisibo, bibavunisha cyane gukina ku manywa y'ihangu, cyane cyane saa Cyenda.
‎Yagize ati "Twari twarandikiye FERWAFA tubabwira ko hafi abakinnyi bose bari mu gisibo cya Ramadan, ariko badushyira gukina saa Cyenda z’amanywa ntabwo ari ibintu byiza by’abantu." 
‎Yomeje agira ati "Bagomba kumva ko abakinnyi bacu bataba bariye, ntibanywa. Twakina gute umupira muri ayo masaha?"
‎Umutoza wa Al Hilal yatanze urugero rw'umukino utaha ugomba kubahuza na Mukura VS mu Karere ka Huye, aho bagomba gukora urugendo rw'amasaha ane bakabona gukina saa Cyenda.
 Yashimangiye ko atazajyana ikipe ye gukina uwo mukino mu masaha nk'ayo, avuga ko adashaka gushyira ubuzima bw'abakinnyi be mu kaga. 
‎Ati "Ntituzongera gukina sinshaka kwica abakinnyi banjye. Hagize ugwa mu kibuga ni njye wabibazwa. Ubu si ubumuntu."
‎Ikibazo cy'amasaha y'imikino gikomeje kuba ingorabahizi bitewe n'ikibazo cy'amatara kuri Kigali Pelé Stadium, cyatumye iyi stade imaze ibyumweru birindwi idashobora kwakira imikino ya nijoro. 
Ibi byagize ingaruka ku mitegurire ya Shampiyona, bituma imikino imwe yimurwa amasaha cyangwa iminsi. Stade Amahoro na yo ntiyakira imikino muri iki gihe kuko irimo gutunganywa mbere yo kwakira imikino ya FIFA Series.
‎Umuyobozi Mukuru wa Rwanda Premier League, Jules Karangwa, yemeje ko ikibazo cy'amatara kuri Kigali Pelé Stadium kizwi kandi kiri gukemurwa.
 Yijeje ko nibabona uburenganzira, imikino izasubira gukinwa haba ku manywa na nijoro.
‎Nubwo Al Hilal SC ifite ibibazo by'amasaha y'imikino, iracyayoboye urutonde rwa Shampiyona y’u Rwanda n’amanota 42 mu mikino 19, ikaba ifite n'imikino ibiri y'ikirarane itarakina.








Share this article

Facebook Twitter LinkedIn WhatsApp Instagram
Trending Now