Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ikina umupira w'amaguru, Amavubi, batangiye umwiherero mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 1 Kamena 2026 bitegura urugendo rwerekeza muri Maroc, aho bazakinira imikino ibiri ya gicuti izabahuza na Comores ndetse na Tanzania.
Biteganyijwe ko iyi kipe ihaguruka i Kigali ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere yerekeza mu Mujyi wa Marrakech aho iyi mikino yombi izabera.
U Rwanda ruzabanza gukina n’Ibirwa bya Comores ku wa Gatandatu tariki ya 6 Kamena mbere y’uko ruhura na Tanzania ku wa 9 Kamena 2026.
Iyi mikino yombi yateguwe mu rwego rwo gufasha Amavubi kwitegura neza imikino y'amajonjora yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2027 kizabera muri Kenya, Tanzania na Uganda. U Rwanda ruri mu Itsinda K hamwe na Mali, Cap-Vert na Liberia, imikino y'amatsinda ikaba izatangira gukinwa muri Nzeri 2026.
Umutoza Mukuru w'Amavubi, Stephen Constantine, yari yashyize hanze urutonde rw'abakinnyi 24 azifashisha muri iyi mikino mbere y'uko batangira uyu mwiherero. Uru rutonde ruriho abanyezamu batatu, ba myugariro barindwi, abakina hagati umunani ndetse na ba rutahizamu batandatu.
Mu bakinnyi bahuriye kuri Hoteli ya FERWAFA mu gitondo kare harimo abakina imbere mu gihugu ndetse n'abakina hanze y'u Rwanda barangije shampiyona zabo.
Muri bo harimo umunyezamu Kwizera Olivier, ba myugariro Mutsinzi Ange na Imanishimwe Emmanuel ‘Mangwende’, Byiringiro Jean Gilbert, Niyigena Clement na Nshimiyimana Yunusu, hamwe na ba rutahizamu Nshuti Innocent na Biramahire Abeddy.
Urutonde rw'abandi bakinnyi bagize iyi kipe izifashishwa muri iyi mikino rurimo Niyongira Patience, Hakizimana Adolphe, Kavita Phanuel Mabaya, Niyomugabo Claude, Emeran Noam Fritz, Kwizera Jojea, Kury Johan Marvin, Mugisha Bonheur, Bizimana Djihad, Gueulette Samuel, Ruboneka Jean Bosco, Muhire Kevin, Mickels Joy Slayd, Uwiyaremye Fidali na Mbonyumwami Taiba.







