‎Amavubi yimuriye umwiherero mu Misiri nyuma yo kwangirwa muri Maroc

‎Amavubi yimuriye umwiherero mu Misiri nyuma yo kwangirwa muri Maroc

‎Amavubi yimuriye umwiherero mu Misiri nyuma yo kwangirwa muri Maroc

‎Amavubi yimuriye umwiherero mu Misiri nyuma yo kwangirwa muri Maroc
‎Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y'umupira w'amaguru, Amavubi, yimuriye umwiherero wayo mu Mujyi wa Cairo mu Misiri nyuma y’uko imikino ibiri ya gicuti yagombaga kuyihuza na Comores ndetse na Tanzania muri Maroc ihagaritswe n'inzego zibishinzwe.
‎Iyi mikino yari iteganyijwe gukinwa mu bihe by'ikiruhuko mpuzamahanga cya FIFA ikabera mu Mujyi wa Marrakech, aho u Rwanda rwagombaga gukina na Comores ku wa 6 Kamena ndetse na Taifa Stars ya Tanzania ku wa 9 Kamena 2026. 
Uyu mwiherero n'iyi mikino byari bigamije gufasha Ikipe y'Igihugu gukomeza kwitegura neza urugendo rwo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2027.
‎Binyuze mu itangazo Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyize hanze mu ijoro rishyira ku wa Kane, ryemeje ko iyi mikino yombi itakibaye. 
FERWAFA yasobanuye ko ibi bishingiye ku makuru yatanzwe n'Igihugu cya Maroc iti "Ibi bije bikurikira ubutumwa FERWAFA yahawe n’ubuyobozi bw’umupira w’amaguru muri Maroc bumenyesha ko iyo mikino itemewe kubera impamvu z’umutekano. Aya makuru akaba yaramenyekanye nyuma y’uko bamwe mu bagize intumwa z’Amavubi bari bamaze kugera i Marrakech ku wa 1 Kamena 2026."
‎Nubwo iyi mikino yapfubye ndetse ikipe ikaba yari yamaze kugera muri Maroc, ubuyobozi bwa FERWAFA bwahise bushaka undi muti bwimurira imyitozo i Cairo kugira ngo abakinnyi badasubira inyuma. 
Muri iri tangazo bagize bati "FERWAFA yubashye icyemezo cyafashwe n’inzego zibishinzwe muri Maroc, bityo tukaba tumenyesha ko gahunda yo kwitegura imikino yo gushaka itike ya AFCON 2027 ikomeje nk’uko byari biteganyijwe. Umwiherero w’Ikipe y’Igihugu ukazakomereza i Cairo mu Misiri kuva ku wa 4 kugeza ku wa 11 Kamena 2026."
‎Iki cyemezo cyo guhagarika imikino nticyagize ingaruka ku Rwanda gusa kuko n'Ishyirahamwe rya Ruhago muri Tanzania (TFF) ryemeje ko imikino ibiri y'ikipe yaryo yakuweho kubera ingamba zafashwe n’inzego zishinzwe ubuzima muri Maroc mu kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola. 
Ibindi bihugu birimo u Burundi na Uganda byari bifite imikino ya gicuti i Marrakech na byo byamaze kwemeza ko imikino yabyo yasubitswe burundu.

Share this article

Facebook Twitter LinkedIn WhatsApp Instagram
Trending Now