APR FC na Rayon Sports zigiye guhatanira ikindi gikombe cyo ku rwego rw'akarere mu irushanwa rya CECAFA Kagame Cup riteganyijwe kubera mu Rwanda kuva tariki ya 18 Nyakanga kugeza ku ya 9 Kanama 2026.
Ibi byatangajwe na Perezida w'Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) Shema Ngoga Fabrice mu Nteko Rusange Idasanzwe yateranye kuri iki Cyumweru, asobanura ko aya makipe yombi yamaze kwemezwa nk'azahagararira igihugu.
N'ubwo aya makipe abiri ya mbere muri Shampiyona y'Icyiciro cya Mbere yamaze kubona itike, ubuyobozi bwa FERWAFA buri mu biganiro byo gusaba ko u Rwanda rwemererwa guserukirwa n'amakipe ane mu irushanwa ruzakira mu rwego rwo kongera amahirwe yo kuryegukana.
Shema Ngoga yagize ati "Turi gusaba ko u Rwanda rwahabwa amakipe ane ku buryo Kiyovu yabaye iya gatatu na Police FC yabaye iya kane zakongerwamo. Ibyo bizagenwa n'ibiganiro biri kuba."
Uretse CECAFA Kagame Cup, u Rwanda rwahawe kwakira andi marushanwa atatu ategurwa na CECAFA muri uyu mwaka wa 2026 arimo imikino ihuza abanyeshuri batarengeje imyaka 15 izakinwa hagati ya tariki 22 na 25 Nyakanga.
Igihugu kizakira kandi irushanwa ry’amakipe y’abagore ryo gushaka itike ya CAF Champions League rizakinwa kuva tariki ya 22 Kanama kugeza ku ya 6 Nzeri ndetse n’iryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika mu bahungu batarengeje imyaka 17 riteganyijwe mu Ukwakira.
Iri rushanwa rya CECAFA Kagame Cup riheruka gukinwa mu 2025 ribereye muri Tanzania, ryegukanywe na Singida Black Stars FC itsinze Al Hilal SC ibitego 2-1 ku mukino wa nyuma mu gihe Ikipe y'Ingabo z'Igihugu, APR FC, yasoreje ku mwanya wa gatatu.
