‎APR FC yifuza gusinyisha Umunya-Côte d’Ivoire ukina hagati ‎

‎APR FC yifuza gusinyisha Umunya-Côte d’Ivoire ukina hagati ‎

‎APR FC yifuza gusinyisha Umunya-Côte d’Ivoire ukina hagati ‎

‎APR FC yifuza gusinyisha Umunya-Côte d’Ivoire ukina hagati ‎
‎Ikipe ya APR FC yashyize imbere gahunda yo kugura Umunya-Côte d’Ivoire, Claude Gnolou, ukina mu kibuga hagati mu ikipe ya KACM Marrakech yo muri Maroc, uzafatanya na Ronald Ssekiganda.
‎ Amakuru y'uku kwifuza uyu mukinnyi w’imyaka 23 yatangajwe n’umunyamakuru Nkusi Denis ’Mtangazaji’ mu kiganiro ’Isibo Sports’ cyo kuri Isibo FM kuri uyu wa Gatanu tariki ya 5 Kamena 2026.
‎Mtangazaji yavuze ko Umutoza Mukuru wa APR FC, Taleb Abderrahim, ari we wasabye ubuyobozi kwinjiza uyu mukinnyi nyuma yo kureba abakinnyi b’abanyamahanga bakenewe. 
‎Taleb usanzwe ari Umunya-Maroc watoje amakipe arimo RS Berkane na Wydad AC, asanzwe azi neza imikinire ya Gnolou muri Shampiyona ya Maroc ndetse akaba amubona nk’inkingi ya mwamba yafasha iyi ikipe mu mwaka w'imikino wa 2026/2027.
‎Claude Gnolou ufite igihagararo cya metero 1.70, yavukiye mu Mujyi wa Abidjan ku wa 18 Ukuboza 2002. 
‎Mbere yo kujya muri KACM Marrakech, yakiniye amakipe arimo Stade d'Abidjan y'iwabo muri Côte d’Ivoire ndetse na RS Berkane yo muri Maroc, aho yanayikiniye mu mikino ya CAF Confederation Cup. 
‎Uyu musore yagize ibihe byiza cyane mu myaka ibiri ishize kuko yafashije KACM Marrakech kuzamuka mu cyiciro cya mbere (Botola Pro), bituma atorwa nk’Umukinnyi Mwiza w’Umunyamahanga mu cyiciro cya kabiri (Botola 2) mu mwaka w’imikino wa 2024/2025.
‎Umunyamakuru Mtangazaji uri mu bakunze gutangaza amakuru ya APR FC, yavuze ko uyu mukinnyi naramuka aje bizatuma iyi kipe y'ingabo ireka ibyo kugura umukinnyi ukina inyuma ya ba rutahizamu, n'ubwo mu mizo ya mbere byari byitezwe ko hazagurwa usimbura Umunya-Mali Lamine Bah uheruka gutandukana n'iyi kipe yambara umukara n'umweru. 








Share this article

Facebook Twitter LinkedIn WhatsApp Instagram
Trending Now