‎"Ashobora kuba yarahukanye" - Rayon Sports yasubije Kiyovu Sports ku kibazo cy'umutoza Haringingo

‎"Ashobora kuba yarahukanye" - Rayon Sports yasubije Kiyovu Sports ku kibazo cy'umutoza Haringingo

‎"Ashobora kuba yarahukanye" - Rayon Sports yasubije Kiyovu Sports ku kibazo cy'umutoza Haringingo

‎"Ashobora kuba yarahukanye" - Rayon Sports yasubije Kiyovu Sports ku kibazo cy'umutoza Haringingo
Ikipe ya Rayon Sports yahakanye yivuye inyuma ibirego bya Kiyovu Sports biyishinja gutwara umutoza Haringingo Francis Christian mu buryo bunyuranyije n'amategeko, igaragaza ko yahaye akazi umuntu wari wamaze "kwahukana" .
‎Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ibi mu kiganiro yagiranye na B&B FM nyuma y'umukino wa Gicumbi, mu rwego rwo gusubiza Perezida wa Kiyovu Sports, Nkurunziza David, uherutse kugereranya ibyakozwe na Gikundiro n'umuco wa kera wo guterura abageni.
‎Gakwaya yashimangiye ko ibivugwa na Kiyovu Sports bisekeje kuko batigeze batwara umukozi uri mu kazi, ahubwo ko baganiriye n'uwamaze gusesa amasezerano.
‎Yagize ati "Ayo magambo ndumva asekeje kubera ko twebwe twavuganye n'umutoza wasezeye. Ntabwo numva ko umutoza wasezeye kuko adashaka gukora ahantu, akwiye kuhakora ku itegeko...Twebwe twararambagije. Ashobora kuba yarahukanye ahari. Yarahukanye, amaze kwahukana tureba umukobwa mwiza wahukanye." 
‎Uyu muyobozi yakomeje asobanura ko badashobora gushinjwa kurenga ku masezerano y'ingingo ya gatanu iri mu masezerano y'uyu mutoza n'Urucaca, yasabaga ko ikipe imwifuza igomba kubanza kuganira na Kiyovu Sports kuko igihe bavuganaga na Haringingo yari yaramaze kwikura mu kazi.
‎Yagize ati "Ntabwo akiri umukozi wa Kiyovu yarasezeye. Yatweretse ko yeguye turavuga tuti niba weguye reka tuganire, turaganira twemeranya ko twakumvikana, dusinya amasezerano, kandi Haringingo ni umutoza wa Rayon Sports. Ibyo Kiyovu Sports yakora byose ntabwo azasubiramo."
‎Ku bijyanye n'ibaruwa y'Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) iherutse guhagarika ibyangombwa by'uyu mutoza imusaba kubanza gukemura ibibazo afitanye n'ikipe yahozemo, Gakwaya yijeje abafana ko ibi bigiye kuvugutirwa umutima mu gihe cya vuba.
‎Yagize ati "Hari ibaruwa ya FERWAFA batwandikiye basaba ko impande zombi zibanza kuganira ku kibazo cy'uyu mutoza, ariko twebwe ku ruhande rwacu nta kibazo kirimo, ni ikibazo cy'igihe gusa. Turizera ko mu cyumweru gitaha, bitarenze ku wa Kabiri, bizaba byasobanutse."
‎Uyu muvugizi yasoje yibutsa abakunzi ba Gikundiro ko ikipe igifite amahirwe menshi yo kwegukana Igikombe cya Shampiyona cyangwa icy'Amahoro kuko kugeza ubu nta kipe n'imwe iracyizera neza, n'ubwo Rayon Sports yanganyije na Gicumbi FC 0-0.
‎Kunganya uyu mukino byatumye Rayon Sports ifata umwanya wa kane n'amanota 43, irushwa amanota atandatu na APR FC ya kabiri irakina na AS Muhanga kuri iki Cyumweru.






Share this article

Facebook Twitter LinkedIn WhatsApp Instagram
Trending Now