BAL 2026: APR BBC yisanze mu itsinda rimwe na Al Ahly Tripoli ifite igikombe giheruka

BAL 2026: APR BBC yisanze mu itsinda rimwe na Al Ahly Tripoli ifite igikombe giheruka

BAL 2026: APR BBC yisanze mu itsinda rimwe na Al Ahly Tripoli ifite igikombe giheruka

BAL 2026: APR BBC yisanze mu itsinda rimwe na Al Ahly Tripoli ifite igikombe giheruka
‎Ikipe ya APR BBC ihagarariye u Rwanda mu Irushanwa Nyafurika rya Basketball (BAL), yisanze mu itsinda rikomeye rya Kalahari Conference, aho izahangana na Al Ahly Tripoli yo muri Libya iheruka kwegukana igikombe ndetse na Petro de Luanda yo muri Angola.
‎Kuri uyu wa Kane, tariki ya 26 Gashyantare 2026, ni bwo ubuyobozi bwa BAL bwashyize ahagaragara uko amakipe 12 azitabira iyi mikino ku nshuro yayo ya gatandatu agabanyije. 
Muri uyu mwaka w’imikino, habayeho impinduka aho amakipe yashyizwe mu matsinda abiri y’amakipe atandatu buri rimwe, bitandukanye n'umwaka ushize aho yakinaga mu matsinda atatu. Buri kipe ikazakina imikino 15.
‎Mu itsinda rya Kalahari Conference APR BBC iherereyemo, harimo kandi Johannesburg Giants yo muri Afurika y’Epfo ari na yo izakira iyi mikino, Dar City yo muri Tanzania na Nairobi City Thunder yo muri Kenya. Imikino y'iri tsinda izakinirwa mu Mujyi wa Pretoria kuva tariki ya 27 Werurwe kugeza tariki ya 5 Mata 2026.
‎Irindi tsinda rya Sahara Conference ryo ririmo Fath Union Sport (FUS) Rabat yo muri Maroc izaryakirira kuri Prince Moulay Abdellah Sports Complex kuva tariki ya 24 Mata kugeza ku ya 3 Gicurasi 2026. Iyi kipe iri kumwe na Al Ahly yo mu Misiri, ASC Ville de Dakar yo muri Sénégal, Club Africain yo muri Tunisia, JCA Kings yo muri Côte d’Ivoire na Maktown Flyers yo muri Nigeria.
‎Amakipe ane azitwara neza muri buri tsinda ni yo azabona itike yo kwerekeza mu Mujyi wa Kigali mu Rwanda, ahazakinirwa imikino ya kamarampaka n’iya nyuma guhera tariki ya 22 kugeza ku ya 31 Gicurasi 2026.
‎Irushanwa rya BAL rya 2026 rigiye kuba mu gihe mu mwaka ushize wa 2025, igikombe cyegukanywe na Al Ahly Tripoli itsinze Petro de Luanda ku mukino wa nyuma amanota 88-67. 
Muri uwo mwaka kandi, APR BBC yanditse amateka yo kuba ikipe ya mbere yo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba yegukanye umwanya wa gatatu kuva iri rushanwa ryatangira mu 2021.








Share this article

Facebook Twitter LinkedIn WhatsApp Instagram
Trending Now