FERWABA Super Cup 2026: Tigers BBC yigaranzuye APR BBC yegukana igikombe; APR WBBC ihigika REG

FERWABA Super Cup 2026: Tigers BBC yigaranzuye APR BBC yegukana igikombe; APR WBBC ihigika REG

FERWABA Super Cup 2026: Tigers BBC yigaranzuye APR BBC yegukana igikombe; APR WBBC ihigika REG

FERWABA Super Cup 2026: Tigers BBC yigaranzuye APR BBC yegukana igikombe; APR WBBC ihigika REG
Ikipe ya RSSB Tigers BBC yegukanye igikombe cya ‘FERWABA Super Cup 2026’ cyakinwaga ku nshuro ya kabiri, nyuma yo gutsinda APR BBC amanota 78-68 mu mukino w’ishiraniro wabereye muri BK Arena mu ijoro ryo ku wa Gatanu, tariki ya 6 Gashyantare 2026.
‎Uyu mukino wahuzaga APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2024-25 na RSSB Tigers yegukanye Rwanda Cup 2025, wari utegerejwe na benshi kugira ngo barebe urwego rw’abakinnyi bashya Tigers BBC yaguze, ndetse ntiyabatenguha kuko yawutangiye neza yegukana agace ka mbere ku manota 25-22.
‎Mu gace ka kabiri umukino waje gukomera cyane ku mpande zombi bituma amakipe yombi anganya amanota 22-22, ariko Tigers isoza igice cya mbere iyoboye umukino n’amanota 47 kuri 44 ya APR BBC, ibifashijwemo cyane na Antino Alvalezes Jackson, Albert Odero na Paul Bizimungu batsindaga amanota menshi.
‎Ikipe ya Tigers BBC itozwa na Henry Mwinuka yagarutse mu gace ka gatatu yariye karungu, yongera imbaraga nyinshi mu busatirizi no kugarira, bituma izamura ikinyuranyo dore ko yasoje aka gace ifite amanota 69 kuri 54 ya APR BBC.
‎Nubwo APR BBC yagerageje kugaruka mu mukino mu gace ka nyuma igatsinda ku manota 14-9, ibifashijwemo ahanini na ‘rebounds’ za Israel Otobo ndetse n’ubunararibonye bwa Ntore Habimana, ntibyayihiriye kuko umukino warangiye itsinzwe amanota 78-68.
‎Umunya-Kenya Albert Odero wakinnye umukino we wa mbere muri Tigers, ni we wabaye inyenyeri y’umukino aho yatsinze amanota menshi (20), akurikirwa na bagenzi be bakinana ari bo Paul Bizimungu na Antino Jackson bombi batsinze amanota 14.
‎Iyi ntsinzi ya Tigers BBCije ishimangira imbaraga yashyize mu kwiyubaka muri uyu mwaka w’imikino wa 2026, aho yaguze abakinnyi bakomeye barimo Anthony Tarke, Albert Odero, Antino Jackson, Hagumintwari Steven, Shyaka Olivier, Nyamwasa Bruno na Bizimungu Paul, biyongera ku bo yongereye amasezerano nka Pitchou Manga, Ishimwe Lars, Irutingabo Fiston na Icyishatse Herve.
‎Mu cyiciro cy’abagore, Igikombe cya Super Cup cyegukanywe na APR WBBC yatsinze REG WBBC amanota 75-62. 
Uyu mukino wahuje aya makipe yombi kuko REG WBBC yari yihariye ibikombe byose umwaka ushize (Shampiyona na Rwanda Cup), bityo ihura na APR WBBC bahuriye ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Igihugu.
‎Nyuma y’iyi mikino ifungura umwaka w’imikino, biteganyijwe ko Shampiyona ya Basketball mu Rwanda y’umwaka wa 2026 izatangira ku Cyumweru, tariki ya 8 Gashyantare.








































Share this article

Facebook Twitter LinkedIn WhatsApp Instagram
Trending Now