‎FERWAFA yahembye amakipe yitwaye neza miliyoni 464 Frw

‎FERWAFA yahembye amakipe yitwaye neza miliyoni 464 Frw

‎FERWAFA yahembye amakipe yitwaye neza miliyoni 464 Frw

‎FERWAFA yahembye amakipe yitwaye neza miliyoni 464 Frw
‎Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyikirije ibihembo bya miliyoni 464 Frw amakipe yitwaye neza muri amwe mu marushanwa ryateguye mu mwaka w’imikino wa 2025/2026. Iki gikorwa cyabereye kuri hoteli y’iri shyirahamwe i Remera ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 5 Kamena 2026.
‎Amakipe yashyikirijwe ibihembo ni umunani ya mbere muri BK Pro League yagabanye miliyoni 280 Frw. 
‎Ikipe ya APR FC yegukanye Shampiyona yahawe miliyoni 80 Frw mu gihe ubusanzwe hahembwaga ikipe ya mbere gusa kandi igahabwa miliyoni 25 Frw. Ibindi bihembo byahawe amakipe arimo Rayon Sports yatwaye miliyoni 60 Frw ndetse na Kiyovu Sports yahawe miliyoni 40 Frw.
‎Hatanzwe kandi ibihembo ku makipe yitwaye neza mu Gikombe cy’Amahoro, aho mu bagabo hatanzwe miliyoni 20 Frw; miliyoni 12 Frw za APR FC yatwaye igikombe, Rayon Sports itwara eshanu, mu gihe Gorilla yahawe eshatu. Mu bagore hatanzwe miliyoni 15 Frw; miliyoni 8 Frw za Rayon Sports WFC yatwaye igikombe, eshanu za Police WFC ndetse na miliyoni ebyiri za AS Kigali WFC. 
‎Mu Cyiciro cya Kabiri mu bagabo hatanzwe miliyoni 105 Frw zirimo Sunrise FC yahawe miliyoni 25 Frw, naho mu bagore hatangwa miliyoni 36 Frw zirimo Gakenke Ladies yahawe miliyoni 10 Frw. 
‎Amakipe yo mu Cyiciro cya Gatatu mu bagabo n'abagore yagabanye miliyoni enye muri buri cyiciro.
‎Ibi bihembo byose ntibibarirwamo miliyoni 63 Frw yahawe amakipe atandatu yitwaye neza mu Cyiciro cya Mbere cy’Abagore yatanzwe muri Mata ubwo iyo Shampiyona yari irangiye.
‎Perezida wa FERWAFA, Shema Fabrice, yavuze ko ubwo bajyaga ku buyobozi mu mezi icyenda ashize bari bafite intego yo kuzamura ibihembo kugira ngo byongere ireme ry’amarushanwa. 
‎Yagize ati "Tuzi ko umupira w’amaguru ukenera byinshi birimo amafaranga. Kuri bamwe ntahagije, ariko azabafasha kwitegura umwaka w’imikino utaha cyangwa bayakoreshe uko babyifuza."
‎Uyu muyobozi yijeje ko uyu muco uzakomeza ndetse ushobora no kwaguka mu bihe biri imbere.












































Share this article

Facebook Twitter LinkedIn WhatsApp Instagram
Trending Now