Haruna Niyonzima yemeje ko asezeye ku gukina umupira w'amaguru, ategura umukino wo gusezera abafana

Haruna Niyonzima yemeje ko asezeye ku gukina umupira w'amaguru, ategura umukino wo gusezera abafana

Haruna Niyonzima yemeje ko asezeye ku gukina umupira w'amaguru, ategura umukino wo gusezera abafana

Haruna Niyonzima yemeje ko asezeye ku gukina umupira w'amaguru, ategura umukino wo gusezera abafana

Umunyabigwi akaba n'uwahoze ari Kapiteni w'Ikipe y'Igihugu
y'u Rwanda 'Amavubi', Haruna Niyonzima, yatangaje ko ahagaritse gukina umupira
w'amaguru nk'uwabigize umwuga, ndetse ari mu biganiro n'Ishyirahamwe ry'Umupira
w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) byo gutegura umukino wihariye wo gusezera ku
bafana.



Niyonzima w'imyaka 36, yabitangarije ikinyamakuru The New
Times kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 3 Werurwe 2026, asobanura ko nubwo acyumva
afite imbaraga zo gukina, yahisemo kureba ahandi yabyaza umusaruro amahirwe ye,
by'umwihariko akiyegurira umwuga wo gutoza yatangiye kwihuguramo.



Yagize ati "Nahagaritse gukina umupira w’amaguru
nk’uwabigize umwuga burundu. Twavuganye na FERWAFA kuri uwo mukino wo gusezera
kandi twizeye neza ko bizakunda. Ni umwanya uzaba ari mwiza ku bafana
n’abakinnyi ntabwiye ko nasezeye."



Uyu mukinnyi utaherukaga kugaragara mu kibuga nyuma y'uko
amasezerano ye arangiye muri AS Kigali mu mwaka w'imikino wa 2024/2025, yavuze
ko uyu mukino uteganyijwe ushobora guhuza Ikipe y'Igihugu 'Amavubi' n'amakipe
akomeye imbere mu gihugu nka Rayon Sports cyangwa APR FC.



Byitezwe ko uyu mukino utazaba ari uwa Haruna Niyonzima
wenyine, kuko ushobora no guhuriramo abandi bakinnyi bakanyujijeho baherutse
guhagarika gukina barimo Jean-Baptiste Mugiraneza (Migi), Eric Rutanga na
Steven Rubanguka, kugira ngo na bo babone uko basezera abakunzi babo.



Niyonzima wari warasezeye mu Ikipe y'Igihugu mu mwaka wa
2024, yihutiye kugaragaza ko uburyo yasezeyemo icyo gihe atari bwo yari yifuje,
yongeraho ko yari akeneye umukino wo gusezera kugira ngo asoze neza urugendo
rwe mu Mavubi.



Haruna Niyonzima wavutse tariki ya 5 Gashyantare 1990 i
Rubavu, asoje urugendo rw'imyaka igera kuri 20 akina umupira w'amaguru.
Yazamukiye mu Ikipe ya Etincelles FC mbere yo kwerekeza muri Rayon Sports mu
2007, akomereza muri APR FC na AS Kigali.



Yakiniye kandi amakipe akomeye hanze y'u Rwanda arimo Young
Africans na Simba SC zo muri Tanzania, ndetse na Al-Ta'awon SC yo muri Libya.



Mu Ikipe y'Igihugu 'Amavubi', Haruna yatangiye kuyikinira mu
2006 ahamagawe n'umutoza Josip Kuže, ahita atsinda ibitego bibiri ku mukino we
wa mbere bakina na Guinée Équatoriale. Yabaye umukinnyi wa mbere mu Rwanda
wakiniye Amavubi imikino myinshi (110) atsindamo ibitego bitandatu, ndetse
yinjira mu gitabo cya FIFA cy'abakinnyi bakiniye ibihugu byabo imikino ijana
kuzamura (FIFA Century Club) mu Gushyingo 2021.



Yanagize uruhare rukomeye ubwo u Rwanda rwageraga ku mwanya
wa 64 ku rutonde rwa FIFA mu 2015 ari na we Kapiteni.



Kuri ubu, Niyonzima afite impamyabushobozi y'ubutoza ya
'Licence C' yahawe n'Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru muri Afurika (CAF)
mu 2019. Muri Gashyantare 2026, yari mu batoza batsinze amahugurwa y'abatoza ba
Atletico Madrid, akazerekeza muri Espagne kongera ubumenyi binyuze mu
masezerano u Rwanda rufitanye n'iyi kipe.





Share this article

Facebook Twitter LinkedIn WhatsApp Instagram
Trending Now