Ikipe ya Kiyovu Sports yatangaje ku mugaragaro ko yamaze gusinyisha amasezerano y'imyaka ibiri rutahizamu w'Umunye-Congo, Lola Kanda Moïse, wari usanzwe akinira Gicumbi FC nyuma y'uko yitwaye neza mu mwaka w'imikino ushize.
Uyu mukinnyi w'Umunye-Congo yerekeje mu muryango w'Urucaca ari umukinnyi wigenga, nyuma yo gusoza amasezerano y’umwaka umwe yari afitanye na Gicumbi FC.
Muri Shampiyona y’u Rwanda ya 2025/2026, Lola Kanda yagaragaje ubuhanga atsinda ibitego umunani anatanga umupira umwe wavuyemo igitego, aho mu Ukuboza 2025 yabaye umukinnyi wa gatatu watsinze ibitego bitatu mu mukino umwe (Hat-trick) ubwo Gicumbi FC yatsindiraga Rutsiro FC i Rubavu ibitego 4-2.
Binyuze mu butumwa iyi kipe yashyize ku mbuga nkoranyambaga zayo kuri uyu wa Kane, yemeje aya makuru iha ikaze uyu mukinnyi mushya.
Iyi kipe yagize iti “Imashini nshya y’ibitego yahageze. Uhawe ikaze Lola Kanda Moïse. Uyu mukinnyi usatira izamu yasinye imyaka ibiri mu Muryango w’Urucaca.”
Lola Kanda abaye umukinnyi wa mbere mushya usinyiye Kiyovu Sports muri iyi mpeshyi mu rwego rwo gukomeza ubusatirizi bwayo.
Muri Mutarama uyu mwaka, uyu mukinnyi yari yifujwe bikomeye na Rayon Sports ariko birangira itamuguze, ihitamo kwisinyishiriza Umunya-Bénin, Bienvenu Joachim Vigninou.
Mbere yo kuza gukina mu Rwanda, uyu rutahizamu yari afite ubunararibonye bw'amakipe anyuranye kuko yakiniye Cara FC yo muri Congo Brazzaville, JS Group Bazano na Bukavu Dawa zo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse na Zesco United hamwe na Green Eagles yaherukagamo muri Zambia mbere yo kwerekeza muri Gicumbi FC.
Uku gusinyisha uyu mukinnyi mushya kuje gukurikira igikorwa Kiyovu Sports iheruka gukora cyo kongerera amasezerano mashya y'imyaka ibiri abakinnyi bayo batanu barimo Nzeyurwanda Djihad, Byiringiro David ’Kamoso’, Chérif Bayo, Nsanzimfura Keddy ndetse na Mbonyingabo Régis.
