Ikipe ya Manchester City iravugwa ko ishobora kwitabaza amategeko ikarega Enrique Riquelme ushaka kuyobora Real Madrid nyuma y'uko uyu mugabo yemeje ko natorwa azahita agura rutahizamu Erling Haaland, nubwo nta masezerano abaho abimwemerera.
Umuvugizi wa Manchester City yamaganye aya makuru yari yatangarijwe kuri televiziyo yo muri Espagne, avuga ko ibiri kuvugwa ku hazaza ha Haaland ari ibinyoma bidafite ishingiro.
Yagize ati "Nta mahirwe na make y'uko ibi byaba kandi nta ngingo n'imwe y'amasezerano ibimwemerera. Turimo gusuzuma uko twakwitabaza amategeko kubera gukoresha ishusho y'umukinnyi wacu muri ubu buryo."
Ibi bije nyuma y'uko Enrique Riquelme w'imyaka 37 uri guhatana na Florentino Perez mu matora ya perezida wa Real Madrid ateganyijwe ku Cyumweru tariki ya 7 Kamena yerekanye umwenda wa Real Madrid wanditseho izina rya Haaland na nimero 9 mu kiganiro yagiranye na televiziyo, yizeza abanyamuryango kumuzana.
Riquelme yari yatangaje ko uyu mukinnyi w'umunya-Norvège afite ingingo imwemerera kwigurisha kandi ko yifuza kwerekeza muri Real Madrid bityo natorwa azakinira iyi kipe y'i Madrid, ndetse yizeza n'abanyamuryango kuzishyura imisanzu yabo yose aramutse abeshye.
Gusa umuhagarariye mu by'amategeko Rafaela Pimenta n'umubyeyi we Alfie Inge Haaland bahise basohora itangazo rihuriweho, na bo banyomoza aya makuru y'impuha.
Bagize bati "Byose birashimishije ariko ntabwo ari ukuri. Twifurije amahirwe masa abakandida bombi mu matora ya Real Madrid."
Uretse Haaland, uyu mukandida yanijeje abafana ba Real Madrid ko azabagurira Rodri na we ukinira Manchester City, avuga ko ari umukinnyi mwiza ukenewe i Madrid ndetse ngo yavuganye n'abamuhagarariye.
Rodri we w'imyaka 29 aherutse gutangaza ko azamenya neza iby'ahazaza he nyuma y'Igikombe cy'Isi kuko magingo aya atuje kandi azi neza aho ahagaze.
Aya matora ategerejwe n'abanyamuryango bagera ku bihumbi ijana arimo guhangana gukomeye, dore ko Perez usanzwe ayobora iyi kipe we yizeje abafana ko azabazanira myugariro Ibrahima Konate akava muri Liverpool ndetse na Denzel Dumfries wa Inter Milan, yongeraho n'umutoza Jose Mourinho mu gihe Riquelme we avugwa ko yifuza Jurgen Klopp.
Florentino Perez w'imyaka 79 usanzwe ayobora iyi kipe yisobanuye ku musaruro muke wabonetse muri uyu mwaka, avuga ko ikipe itigeze ibona umwanya wo kwitegura mbere y'umwaka w'imikino kubera Igikombe cy'Isi cy'Amakipe, ndetse ikazahazwa n'imvune zigera kuri 30 mu gice kibanza cya shampiyona.