Ronaldo yashyizeho uduhigo tubiri dushya afasha Portugal kunyagira Uzbekistan ‎

Ronaldo yashyizeho uduhigo tubiri dushya afasha Portugal kunyagira Uzbekistan ‎

Ronaldo yashyizeho uduhigo tubiri dushya afasha Portugal kunyagira Uzbekistan ‎

Ronaldo yashyizeho uduhigo tubiri dushya afasha Portugal kunyagira Uzbekistan ‎
‎Rutahizamu Cristiano Ronaldo yanditse amateka akomeye mu Gikombe cy'Isi cya 2026, ubwo yatsindaga ibitego bibiri mu mukino Portugal yanyagiyemo Uzbekistan ibitego 5-0, ahita aba umukinnyi wa mbere ku Isi utsinze ibitego mu Bikombe by'Isi bitandatu bitandukanye.
‎Ibi bitego uyu mugabo w'imyaka 41 yatsinze kuri uyu wa Kabiri mu Mujyi wa Houston, byatumye yuzuza ibitego 10 mu mateka y'Igikombe cy'Isi. Ibi byamuhesheje guhita aca ku gahigo k'icyamamare Eusebio, wari usanzwe ari we mukinnyi watsindiye Portugal ibitego byinshi muri iri rushanwa.
‎Nyuma yo gushyira iherezo ku mikino 10 yikurikiranya y'amarushanwa akomeye yari amaze adatsinda, Ronaldo yumvikanye abwira abafataga amashusho ati "Nagarutse, nagarutse!". 
Yatangaje ko yishimiye cyane uduhigo, ariko ashimangira ko icy'ingenzi ari uko ikipe yagaragaje ishyaka n'icyizere nyuma yo kunganya na DR Congo igitego 1-1 mu mukino ubanza.
‎Muri uyu mukino wari wihariwe na Portugal kuva utangiye, ibindi bitego byatsinzwe na Nuno Mendes, Rafael Leao, n'igitego umunyezamu Abduvohid Nematov yitsinze. 
Kugeza ubu, Portugal ifite amanota ane mu Itsinda K yitegura umukino wayo wa nyuma izahuramo na Colombia, mu gihe Uzbekistan yo iri ku manga yo gusezererwa nta nota na rimwe ifite.












Share this article

Facebook Twitter LinkedIn WhatsApp Instagram
Trending Now