‎Rutahizamu Djibril Ouattara yagizwe kapiteni mushya wa APR FC

‎Rutahizamu Djibril Ouattara yagizwe kapiteni mushya wa APR FC

‎Rutahizamu Djibril Ouattara yagizwe kapiteni mushya wa APR FC

‎Rutahizamu Djibril Ouattara yagizwe kapiteni mushya wa APR FC
‎Ikipe y'Ingabo z'Igihugu ya APR FC yagize rutahizamu w'Umunya-Burkina Faso, Cheikh Djibril Ouattara, kapiteni wayo mushya asimbuye Niyomugabo Claude baherutse gutandukana. Uyu rutahizamu wigaragaje cyane mu gushaka ibitego imbere y'izamu azaba yungirijwe n'Umunya-Uganda Ronald Ssekiganda ndetse na myugariro Nshimiyimana Yunussu.
‎Iri hindurwa ry'ubuyobozi bw'abakinnyi rije nyuma y'uko iyi kipe yambara umukara n'umweru itandukanye n'abari basanzwe bayobora bagenzi babo, barimo Niyomugabo Claude wari kapiteni mukuru ndetse na Ruboneka Bosco wari umwungirije. Ubuyobozi bwa APR FC bwahise bugirira icyizere Ouattara umaze umwaka n'igice muri iyi kipe, kuko yayigezemo muri Mutarama 2025.
 Ssekiganda ukina mu kibuga hagati yagizwe kapiteni wungirije wa mbere, mu gihe Nshimiyimana uherutse kongera amasezerano y'imyaka ibiri yagizwe uwa kabiri.
‎Ouattara ahawe iki gitambaro binashingiye ku musaruro n'ubunararibonye amaze kugaragaza mu busatirizi kuva yagera mu Rwanda. Uyu musore ni we watsinze ibitego byinshi bya APR FC mu mwaka we wa mbere, ubwo yinjizaga ibitego 13 muri Shampiyona. 
Mu mwaka w'imikino ushize wa 2025-26 yitwaye neza kurusha abandi bose, yegukana igihembo cy'umukinnyi watsinze ibitego byinshi muri BK Pro League nyuma yo kwinjiza ibitego 18.
‎Kugeza ubu APR FC iri mu cyumweru cya gatatu cy'imyitozo yitegura umwaka mushya w'imikino, uzabimburirwa n'irushanwa rya CECAFA Kagame Cup rizabera i Kigali guhera tariki ya 24 Nyakanga kugeza ku ya 7 Kanama 2026.
 Muri iri rushanwa rihuza amakipe y'indashyikirwa yo mu Karere, APR FC yashyizwe mu itsinda rimwe na Gor Mahia yo muri Kenya, Vipers SC yo muri Uganda ndetse na FC Garde Republicaine yo muri Djibouti.












Share this article

Facebook Twitter LinkedIn WhatsApp Instagram
Trending Now