‎Rutsiro FC na AS Muhanga zamanutse mu Cyiciro cya Kabiri ‎

‎Rutsiro FC na AS Muhanga zamanutse mu Cyiciro cya Kabiri ‎

‎Rutsiro FC na AS Muhanga zamanutse mu Cyiciro cya Kabiri ‎

‎Rutsiro FC na AS Muhanga zamanutse mu Cyiciro cya Kabiri ‎
‎Ikipe ya Rutsiro FC n'iya AS Muhanga zamanutse mu Cyiciro cya Kabiri nyuma yo gutsindwa imikino y'Umunsi wa 34 ari na wo wa nyuma wa Shampiyona y'Icyiciro cya Mbere uzwi nka BK Pro League y'umwaka w'imikino wa 2025/2026.
‎Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 30 Gicurasi 2026, imikino yasozaga umwaka w'imikino yari yitezwe cyane ku makipe yarwanaga no kutamanuka arimo AS Kigali, AS Muhanga ndetse na Rutsiro FC.
 Urugendo rwa AS Muhanga rwashyizweho akadomo no gutsindwa ibitego 3-2 yakuye kuri Stade Umuganda imbere ya Marine FC, mu gihe Rutsiro FC yatsindiwe i Gicumbi na Bugesera FC ibitego 2-0.
‎Gutsindwa kw'aya makipe yombi kwarokoye AS Kigali yari yakiriye Musanze FC kuri Kigali Pelé Stadium ikayitsinda ibitego 2-1. Ibi byatumye AS Kigali yigizayo ibyago byo kumanuka, iguma mu cyiciro cya mbere yuzuza amanota 35.
‎Uku kumanuka kw'aya makipe gusize icyuho mu Cyiciro cya Mbere, ariko imyanya yayo izasimbuzwa amakipe abiri yo mu Ntara y'Iburasirazuba ari yo Etoile de l’Est na Sunrise FC yamaze kubona itike yo kuzamuka mu Cyiciro cya Mbere.
 Mu wundi mukino wasoje Shampiyona kuri uyu wa Gatandatu ukabera ku Kibuga cya Kamena, ikipe ya Mukura VS yanganyije na Amagaju FC 0-0.








Share this article

Facebook Twitter LinkedIn WhatsApp Instagram
Trending Now