Ikipe y'Igihugu ya Sweden yatangiye neza imikino y'Igikombe cy'Isi cya 2026 inyagira Tunisia ibitego 5-1 mu mukino wa mbere w'Itsinda F wabereye mu Mujyi wa Monterrey muri Mexique kuri uyu wa Mbere.
Uyu mukino wagaragayemo ubuhanga bw'umukinnyi wo hagati Yasin Ayari ufite inkomoko muri Tunisia watsinze ibitego bibiri byiza cyane, harimo n'icyo yafungujemo amazamu ku munota wa karindwi.
Rutahizamu Alexander Isak yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 30 ahawe umupira na Viktor Gyökeres, mbere y'uko Omar Rekik atsindira Tunisia igitego n'umutwe ku munota wa 43 igice cya mbere kigana ku musozo.
Mu gice cya kabiri Sweden itozwa na Graham Potter yakomeje gusatira izamu rya Tunisia itozwa na Sabri Lamouchi bituma ibona igitego cya gatatu cyatsinzwe na Viktor Gyökeres ku munota wa 59 binyuze ku mupira mwiza yari ahawe na Alexander Isak wigaragaje cyane muri uyu mukino.
Ku munota wa 84, Matthias Svanberg wari winjiye mu kibuga asimbura yatsinze igitego cya kane cyemejwe nyuma yo kwitabaza ikoranabuhanga rya VAR, ryemeje ko Isak yari yakoze ku mupira mbere y'uko umugeraho.
Ku munota wa gatandatu w'inyongera, Yasin Ayari, yongeye kurekura ishoti rikomeye atsinda igitego cya gatanu, ashimangira amateka ye yo gutsinda ibitego birenze kimwe bwa mbere mu mukino umwe, kikaba kandi ari cyo Gikombe cy'Isi cya mbere yari akinnye.
Uyu musaruro watumye Sweden itsinda ibitego bine kuzamura mu mukino umwe w'Igikombe cy'Isi bwa mbere kuva mu 1994, ubwo yatsindaga Bulgaria ibitego 4-0 ikegukana umwanya wa gatatu w'irushanwa.
Iyi ntsinzi yahise ihesha iyi kipe yo ku Mugabane w'u Burayi kwicara ku mwanya wa mbere mu Itsinda F, aho ikurikiwe n'u Buholandi ndetse n'u Buyapani byanganyije ibitego 2-2 mu wundi mukino w'iri tsinda wari wabanje, mu gihe Tunisia igomba gushaka uburyo yitwara neza mu mikino ikurikira kugira ngo yizere kurenga amatsinda.






