Tour du Rwanda 2026: Moritz Kretschy yegukanye irushanwa; Henok Mulubrhan ahesha ishema Afurika i Kigali

Tour du Rwanda 2026: Moritz Kretschy yegukanye irushanwa; Henok Mulubrhan ahesha ishema Afurika i Kigali

Tour du Rwanda 2026: Moritz Kretschy yegukanye irushanwa; Henok Mulubrhan ahesha ishema Afurika i Kigali

Tour du Rwanda 2026: Moritz Kretschy yegukanye irushanwa; Henok Mulubrhan ahesha ishema Afurika i Kigali

Umudage Moritz Kretschy w'imyaka 23, ukinira Ikipe ya NSN Development Team, ni we wegukanye isiganwa mpuzamahanga rya Tour du Rwanda 2026, nyuma y'Agace ka Munani ari na ko ka nyuma kazengurutse mu Mujyi wa Kigali kuri iki Cyumweru, tariki ya 1 Werurwe.



‎Aka gace ka nyuma kareshyaga n'ibilometero 83,8 kegukanywe n'Umunya-Eritrea Henok Mulubrhan wakoresheje isaha imwe, iminota 59 n'amasegonda 37 (1:59:37), aba Umunyafurika rukumbi ubashije kwegukana agace muri Tour du Rwanda y'uyu mwaka.



Yakurikiwe na Mauro Cuylits wa Lotto-Groupe Wanty, naho Pau Marti Soriano wa NSN aba uwa gatatu asigaye isegonda rimwe gusa.



‎Kretschy yegukanye Tour du Rwanda nyuma yo kwambara umwambaro w'umuhondo guhera ku wa Gatatu ubwo yabaga uwa kabiri mu Gace ka Kane (Karongi-Rubavu), awugumana kugera ku munsi wa nyuma nk'uko byagiye bigenda kuva mu 2019 ko uwawambaye ku munsi ubanziriza uwa nyuma atawutakaza.



‎Kuri uru rutonde rusange rw'ibilometero 977,8 byakinwe mu minsi umunani, Moritz Kretschy yakoresheje amasaha 23, iminota 08 n'amasegonda 48 (23:08:48), asiga Umudage mugenzi we Johannes Adamietz wa REMBE | rad-net iminota ibiri n'amasegonda umunani (+2:08), mu gihe Umubiligi Duarte Marivoet wa Lotto-Groupe Wanty yabaye uwa gatatu asigwa iminota 2 n'amasegonda 32.



‎Moritz Kretschy wakinaga iri siganwa ku nshuro ya gatatu, abaye umukinnyi wa 16 wegukanye Tour du Rwanda kuva yabona isura nshya mu 2009, akaba n'Umunyaburayi wa gatatu uyitwaye nyuma y'Umunya-Espagne Cristian Rodriguez (2021) n'Umufaransa Fabien Doubey (2025). Gutsinda kwe kurahesha uyu Mudage igihembo cya 3,600€ (asaga miliyoni 6.2 Frw) mu bihumbi 48,57 by'Amayero (asaga miliyoni 83.7 Frw) byatanzwe muri iri rushanwa.



‎Isiganwa rya nyuma ryahagurukiye kuri Kigali Convention Centre (KCC) ritangijwe na Minisitiri w'Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin, wari kumwe na Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire. Ryitabiriwe n'abakinnyi 65 mu makipe 16 yasigaye nyuma y'uko Ikipe ya Africa Mixed Team ivuyemo yose.



‎Abakinnyi bazengurutse umuhanda wa KCC - Nyarutarama inshuro nto mbere yo gukora izindi nini ebyiri zanyuze Kacyiru, mu Mujyi, Nyabugogo, Kimisagara, Tapis Rouge, Nyamirambo na Kwa Mignonne i Kimihurura. Muri uru rugendo, Bruno Martins wa Localiza yegukanye amanota y'imusozi yombi yatangiwe kuri Tapis Rouge, anegukana 'sprint' ya mbere yatangiwe kuri KCC.



‎Nyuma y'isiganwa, hatanzwe ibihembo bitandukanye. Moritz Kretschy yambitswe umwambaro w'umuhondo akaba n'uwegukanye irushanwa (Visit Rwanda). Henok Mulubrhan yahembwe nk'uwegukanye Agace ka Munani n'uwahize abandi muri 'sprint'. Miguel Heidemann wa REMBE | rad-net yahembwe nk'uwahize abandi mu kuzamuka imisozi.



‎Ku ruhande rw'Abanyarwanda n'Abanyafurika, Niyonkuru Samuel wa Team Amani yabaye Umunyarwanda mwiza mu isiganwa, naho mugenzi we bakinana Muhoza Eric aba Umunyarwanda witwaye neza mu gace ka nyuma. Amaniel Desta, na we wa Team Amani, yahembwe nk'Umunyafurika witwaye neza n'Umunyafurika muto mwiza. Ikipe ya Lotto-Groupe Wanty yabaye ikipe nziza y'irushanwa.



‎Mbere y'iri siganwa rikuru, habaye iry'abakiri bato ryiswe "The Next Champions Race" ryahuje abasanzwe bakina "Rwanda Youth Racing Cup".



Mu bakobwa batarengeje imyaka 18 hatsinze Masengesho Yvonne, mu batarengeje imyaka 16 hatsinda Agasaro Gloria. Mu bahungu batarengeje imyaka 18 hatsinze Byusa Pacifique, naho mu batarengeje 16 hatsinda Mukwende Fuadi.



‎Tour du Rwanda isojwe Umujyi wa Kigali uherutse guhabwa ikirango cya "UCI Bike City" n'Ishyirahamwe ry'Umukino w'Amagare ku Isi (UCI), uba uwa 31 ku Isi n'uwa mbere muri Afurika ugihawe.



Biteganyijwe ko Tour du Rwanda itaha ya 2027 ishobora gukinwa hagati ya tariki 21 na 28 Gashyantare, mu gihe ubuyobozi bwa FERWACY buri mu biganiro na UCI ngo iri rushanwa rizamurwe ku rwego rwa "World Tour".

















































Share this article

Facebook Twitter LinkedIn WhatsApp Instagram
Trending Now