Tour du Rwanda 2026: Umudage Jermaine Zemke yegukanye Agace ka Gatanu i Rubavu ‎

Tour du Rwanda 2026: Umudage Jermaine Zemke yegukanye Agace ka Gatanu i Rubavu ‎

Tour du Rwanda 2026: Umudage Jermaine Zemke yegukanye Agace ka Gatanu i Rubavu ‎

Tour du Rwanda 2026: Umudage Jermaine Zemke yegukanye Agace ka Gatanu i Rubavu ‎
Umudage Jermaine Zemke w'imyaka 20 ukinira Ikipe ya REMBE | rad-net yegukanye Agace ka Gatanu ka Tour du Rwanda 2026, kakinwe kuri uyu wa Kane aho abakinnyi bazengurukaga mu Mujyi wa Rubavu gusa, ku ntera y’ibilometero 82.
‎Kuri uyu wa Kane, tariki ya 26 Gashyantare 2026, Zemke yakoresheje isaha imwe, iminota 44 n'amasegonda 27 (1:44:27), atanga ku murongo Itamar Einhorn wa NSN Development Team na Henok Mulubrhan wo muri Eritrea, gusa bose bakaba bageze ku murongo bari mu gikundi kimwe bakanganya ibihe kugeza ku mukinnyi wa 45.
‎Uku kugendera hamwe kw'igikundi cyose kugeza ku murongo (sprint finish), byatumye Umudage Moritz Kretschy ukinira NSN Development Team agumana umwambaro w’umuhondo yari yambaye ku wa Gatatu. 
Kretschy akomeje kuyobora urutonde rusange akoresheje amasaha 15, iminota 47 n'isegonda rimwe (15:47:01), aho arusha Johannes Adamietz wa REMBE | rad-net umukurikiye iminota ibiri n'amasegonda abiri (+2:02).
‎Isiganwa ryahagurutse imbere y'Isoko rya Rubavu saa Cyenda zuzuye ryitabiriwe n'abakinnyi 75. Muri aka gace kadasanzwe katasabaga kuzamuka imisozi, abakinnyi bazengurutse intera ya kilometero 9,1 inshuro icyenda.
‎Kuva irushanwa ritangiye, abakinnyi barimo Ribeiro wa Soudal Quick-Step na Jurgen Zomermaand wa Picnic bagerageje gucika igikundi, gusa ikipe ya NSN Devo Team yari irinze umwambaro w'umuhondo wakomeje kubagarura.
‎Muri aka gace hatanzwe amanota ya 'sprint' inshuro ebyiri, iherekejwe n'amasegonda y'inyongera (bonifications). 
Sprint ya Mbere yatangiwe ku kilometero cya 36,5 yegukanwe na Henok Mulubrhan ahabwa amasegonda atatu, naho Sprint ya Kabiri itangirwa ku kilometero cya 63,8 yegukanwa n'Umudage Miguel Heidemann.
‎Mu byiciro bya nyuma by'isiganwa, Byukusenge Patrick, kapiteni wa Team Rwanda, yagerageje gucika igikundi wenyine ashyiramo intera y'amasegonda 10, ariko aza gufatwa habura metero nke ngo bafate umurongo, bituma igikundi cyose cyinjira mu ishiraniro ryo kugera mbere ku murongo, ari na bwo Jermaine Zemke yabarushaga imbaraga.
‎Nyuma y'isiganwa, hatanzwe ibihembo bisanzwe. Jermaine Zemke yahembwe nk'uwegukanye Agace ka Gatanu, Moritz Kretschy yambikwa umwambaro w'umuhondo, naho Jurgen Zomermaand ahemberwa kuyobora isiganwa igihe kirekire. 
Miguel Heidemann yongeye guhembwa nk'uwahize abandi muri sprint no mu kuzamuka, Niyonkuru Samuel ahembwa nk'Umunyarwanda mwiza, Amaniel Desta aba Umunyafurika mwiza n'Umunyafurika muto mwiza ndetse ahembwa nk'umukinnyi muto witwaye neza muri rusange. Ikipe y'Igihugu ya Eritrea yahawe igihembo cy'ikipe nziza y'umunsi.
‎Tour du Rwanda 2026 izakomeza ku wa Gatanu, tariki ya 27 Gashyantare, hakinwa Agace ka Gatandatu kazahagurukira i Rubavu saa Saba z'amanywa kerekeza mu Mujyi wa Musanze ku ntera y'ibilometero 84,1.




















Share this article

Facebook Twitter LinkedIn WhatsApp Instagram
Trending Now