Ikipe ya RSSB Tigers yakomeje kwiyubaka yitegura amarushanwa atandukanye , nyuma yo gusinyisha umukinnyi mpuzamahanga w'Umunyarwanda Trey Sinze Twa.iyi nkuru yagiye hanze uyu munsi kuwa 08.06.2026.
Uyu mukinnyi w'imyaka 26, ukina nka Power Forward, aje muri RSSB Tigers afite ubunararibonye yakuye mu marushanwa atandukanye ndetse no mu ikipe y'igihugu y'u Rwanda, aho yakinnye AfroBasket 2025 n'imikino yo gushaka itike y'Igikombe cy'Isi cya FIBA 2027.
RSSB Tigers, imwe mu makipe ari kuzamuka cyane muri basketball y'u Rwanda nyuma yo gutwara Igikombe cya BAL ( basketball league Africa), yizeye ko Trey Twa azatanga umusanzu ukomeye mu rugendo rwo guhatanira ibikombe no guhagararira igihugu ku rwego mpuzamahanga.
Nyuma yo gusinya amasezerano mashya, Trey Sinze Twa yavuze ko intego ye ari ugufasha RSSB Tigers kugera ku ntsinzi no gukomeza kuzamura urwego rwe nk'umukinnyi.
"Intego yanjye ni ugufasha RSSB Tigers guhatanira ibikombe, guhagararira u Rwanda ku rwego rwo hejuru, no gukomeza gutera imbere nk'umukinnyi buri munsi."
Uyu mukinnyi yavuze ko yishimiye iki cyiciro gishya mu mwuga we kandi yiteguye gukora ibishoboka byose kugira ngo afashe RSSB Tigers kugera ku ntego zayo muri shampiyona y'u Rwanda no muri BAL.
Uyu mukinnyi agiye gukina shampiona yu Rwanda asanzemo umuvandimwe we bavukana ukinira Apr bbc ,Prince Twa aba bombi ni impanga Kandi bose bagaragaye mu ikipe y'igihugu y'Urwanda.






