Umunya-Israel Itamar Einhorn ukinira Ikipe ya NSN Devo Team ni we wegukanye Agace ka Mbere ka Tour du Rwanda ya 2026 kahagurukiye mu Rukomo mu Karere ka Gicumbi kerekeza mu Mujyi wa Rwamagana ku ntera y’ibilometero 173,6, ahita yambara umwambaro w'umuhondo.
Kuri iki Cyumweru, tariki ya 22 Gashyantare 2026, uyu mukinnyi yakoresheje amasaha ane n'amasegonda atanu, atanga gukandagiza ipine ku murongo abandi bakinnyi bari bageze i Rwamagana bari mu gikundi kimwe.
Yakurikiwe na Hodei Gabina Munoz wa Soudal Quick-Step Devo Team wabaye uwa kabiri, naho Mewael Girmay wa Istanbul Team aba uwa gatatu.
Gutsinda aka gace byahise bihesha Einhorn amasegonda 10 y'inyongera (bonifications) azakurwa ku bihe bye rusange, bituma ahita yambara umwambaro w'umuhondo.
Umukinnyi wa kabiri yabonye amasegonda atandatu y'inyongera, naho uwa gatatu abona ane, nk'uko amategeko mashya y'iri rushanwa abiteganya hagamijwe kongera umuvuduko mu irushanwa.
Isiganwa ryahagurutse mu Rukomo saa Tanu zuzuye ryitabiriwe n'abakinnyi 84 baturuka mu makipe 17, nyuma y'uko Madar Cycling Team yo muri Algeria itabashije kwitabira. Bakimara kurenga ibilometero bibiri bya mbere hatangira kubarwa ibihe, abakinnyi barimo Henrique da Silva Avancini na Miguel Heidemann bahise bacika igikundi, barakiyobora ndetse bagisiga iminota igera kuri irindwi.
Aba bakinnyi babiri bagiye basaranganya amanota y'inzira. Henrique da Silva yegukanye amanota ya Sprint ya mbere i Nyagatare n'iya kabiri i Kabarore, mu gihe Miguel Heidemann yegukanye amanota y'Umusozi wa mbere wa Nyagakoni mbere y'uko bagarurwa na bagenzi babo.
Abanyarwanda barimo Uwiduhaye Mike wa Benediction na Nkundabera Eric wa Team Rwanda na bo bari bagerageje gushaka abari imbere, aho Uwiduhaye yabashije kwegukana isegonda rimwe rya 'bonification' i Nyagatare, gusa nyuma y'ibilometero 98 baje gufatwa n'igikundi kinini.
Ahagana saa Saba n'igice, imvura nyinshi yaguye mu muhanda wa Gatsibo-Kayonza-Rwamagana, ibintu byatumye umuvuduko w'abakinnyi ugabanuka, nubwo mbere yaho impuzandengo y'umuvuduko yari iri hejuru ya kilometero 45,5 mu isaha.
Mu bilometero bya nyuma, igikundi cyongereye imbaraga gifata abakinnyi bari basigaye imbere ubwo isiganwa ryari ryinjiye mu Mujyi wa Kayonza.
Isiganwa ryinjiye mu Mujyi wa Rwamagana abakinnyi bagendera hamwe nk'igikundi kimwe.
Mu bilometero bibiri bya nyuma, amakipe yatangiye gushaka imyanya myiza imbere, ari na bwo Einhorn yitwaye neza asiga bagenzi be. Iyi ibaye Etape ya gatatu uyu Munya-Israel atwaye muri Tour du Rwanda, nyuma y'izo yatsindiye i Kayonza n'i Nyaruguru mu mwaka wa 2024.








