Al Hilal yahaye CAF amasaha ntarengwa mbere yo kwitabaza Urukiko rwa TAS
Al Hilal yahaye CAF amasaha ntarengwa mbere yo kwitabaza Urukiko rwa TAS

‎Ikipe ya Al Hilal SC yo muri Sudani yahaye Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru muri Afurika (CAF) amahirwe ya nyuma yo gusubiza ku birego yatanze isaba gutera mpaga RS Berkane, yemeza ko uyu wa Gatanu nurangira idasubijwe izahita yitabaza Urukiko Nkemurampaka rwa Siporo (TAS).

Nk'uko iyi kipe yabitangaje ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu binyuze ku mbuga nkoranyambaga zayo, Umunyamategeko wa Al Hilal witwa Pedro yagejeje ubutumwa ku Kanama gashinzwe Imyitwarire muri CAF ndetse no ku Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru muri Sudani, agaragaza ko batanze igihe ntarengwa nyuma y'uko iyi mpuzamashyirahamwe ikomeje kwicecekera ku byo bayisabye.

‎Yagize ati "Igihe cy'amasaha 48 twatanze mu rwandiko rwacu rwa nyuma ngo duhabwe igisubizo, cyarangiye ku wa 1 Mata 2026, aho CAF yamaze iminsi 11 yicecekeye ku nyandiko enye zemewe twayoherereje mbere yaho."

‎Muri izi nyandiko harimo ikirego cyatanzwe tariki ya 23 Werurwe n'urwandiko rwibutsa rwo ku wa 29 Werurwe, ibyatumye Al Hilal isaba ko ikipe ya RS Berkane ihagarikwa by'agateganyo ku ruhando mpuzamahanga.

‎Ubuyobozi bwa Al Hilal bwagize buti "Dusabye CAF gufata ingamba z'agateganyo zo kutemerera RS Berkane kwitabira igikorwa cyose gitegurwa n'Impuzamashyirahamwe ya Afurika cyangwa FIFA, mu gihe ikirego cyacu kikigwa."

‎Ku bijyanye n'intambwe ikurikira iyi kipe igiye gutera, uyu munyamategeko yashimangiye ko bagiye kwitabaza inkiko zisumbuye niba bakomeje kwimwa amatwi.

‎Yagize ati "Al Hilal ihaye CAF amahirwe ya nyuma yo kohereza igisubizo kirambuye ku nyandiko zacu bitarenze uyu munsi tariki ya 3 Mata, mbere y'uko ikirego gishyikirizwa Urukiko rwa TAS gishyigikiwe n'ingingo zirenga 13."

‎Uku gushaka ubutabera gukomeye kuje nyuma y'umukino wo kwishyura wa 1/4 cya CAF Champions League wabereye kuri Stade Amahoro i Kigali tariki ya 22 Werurwe 2026, aho Al Hilal yasezerewe itsinzwe igitego 1-0.

Iyi kipe ishinja RS Berkane gukinisha Kapiteni wayo Hamza El Moussaoui wari wahawe igihano cy'iminsi 30 nyuma yo gutsindwa isuzuma ry'imiti yongera imbaraga itemewe muri siporo.

‎Iki kirego cyiyongera ku kindi gishinja abasifuzi kubogama, aho Al Hilal igaragaza ko igitego cyayo cyanzwe binyuranyije n'amategeko agenga ikoranabuhanga rya VAR hagatangwa penaliti yatumye basezererwa.

Iyi kipe yambara ubururu n'umweru isobanura ko ikosa ryavuyemo imvune ikomeye kuri myugariro Saeed Ahmed ryakozwe n'umukinnyi wa RS Berkane, ariko umusifuzi ntiyongere iminota yatakaye bityo akarenga ku ngingo ya gatanu y'amategeko ya VAR.

‎Al Hilal Omdurman iyoboye urutonde rwa Shampiyona n'amanota 54, izagaruka mu kibuga yakira Marine FC mu mukino w'umunsi wa 26 wa Shampiyona y'Icyiciro cya Mbere mu Rwanda uteganyijwe ku wa Mbere tariki 6 Mata 2026, kuri Kigali Pelé Stadium saa Cyenda. 

Comments (0)

No comments yet. Be the first to comment!

Leave a Comment
Trending Now