Uyu mukino wa 1/4 wabereye mu Mujyi wa Miami waranzwe n'ishyaka rikomeye ku mpande zombi nubwo ikirere cyarimo ubushyuhe bukabije.
Norvège ni yo yabanje gufungura amazamu ku munota wa 36 binyuze kuri Andreas Schjelderup wateye ishoti ryatunguye umunyezamu Jordan Pickford.
U Bwongereza bwahise bishyura iki gitego mu minota y'inyongera y'igice cya mbere binyuze kuri Bellingham wahawe umupira mwiza na Anthony Gordon.
Mu gice cya kabiri Norvège yabonye igitego cyatsinzwe na Torbjorn Heggem ariko ikoranabuhanga rya VAR riracyanga kubera ikosa Erling Haaland yari yakoreye Elliot Anderson.
Iyi kipe yakomeje kotsa igitutu u Bwongereza kuko hari n'aho David Moller Wolfe yateye ishoti rikubita umutambiko w'izamu.
Iminota 90 isanzwe yarangiye amakipe anganya, biba ngombwa ko hongerwaho iminota 30 y'inyongera, ari na bwo Bellingham yatsindaga igitego cya kabiri ku ikosa ryakozwe n'umunyezamu Ørjan Nyland.
Rutahizamu Erling Haaland ntiyabashije kwigaragaza muri uyu mukino biza no gutuma asimburwa ubwo igice cya mbere cy'inyongera cyari kirangiye.
U Bwongereza butozwa na Thomas Tuchel bukomeje urugendo rwo gushaka igikombe ruheruka mu 1966, bukaba buzacakirana na Argentine mu mukino wa 1/2.
Leave a Comment