Ikipe ya Kiyovu Sports yakuyeho agahigo k'imyaka itanu idatsinda Gasogi United nyuma yo kuyitsinda ibitego 2-0 mu mukino w'Umunsi wa 26 wa Shampiyona wabereye kuri Kigali Pelé Stadium kuri uyu wa Gatanu tariki ya 3 Mata 2026.
Uyu mukino wari wabanje kuvugwaho cyane nyuma y'uko ubuyobozi bwa Gasogi United bwari bwatangaje ko bwizeye intsinzi ijana ku ijana kuko ngo basanzwe bayitsinda.
Ibi ariko siko byagenze kuko Urucaca rwihagazeho, n'ubwo bwose rwakinnye rudafite umutoza mukuru Haringingo Francis uherutse kwerekeza muri Rayon Sports bikaba biri mu manza.
Iyi kipe yambara icyatsi n'umweru yatojwe n'Umutoza Wungirije Sebarera Ayubu Khaliru utagize byinshi ahindura mu bakinnyi bari basanzwe babanza mu kibuga.
Igice cya mbere cyarangiye ari 0-0 nyamara Kiyovu Sports yabonye uburyo bwinshi binyuze kuri Uwineza René wateye umupira mwiza ntubyazwe umusaruro na Uwiyaremye Fidali ndetse n'amahirwe yabonwe na Sandja Bulaya na Rukundo Abdourahmani.
Mu gice cya kabiri Kiyovu Sports yagarukanye imbaraga ishaka igitego cya mbere cyabonetse ku munota wa 60 gitsinzwe na Rukundo Abdourahmani.
Iki gitego cyavuye ku mupira Kazindu Guy wa Gasogi United yakuyeho nabi nyuma y'ishoti rikomeye ryari ritewe na Sandja Bulaya.
Ku munota wa 88 Uwiyaremye Fidali yashimangiye intsinzi ya Kiyovu Sports atsinda igitego cya kabiri.
Uyu rutahizamu yabyaje umusaruro uburangare bwa ba myugariro ba Gasogi United, arabasiga, maze aroba umunyezamu Ndagijimana Léandre nyuma yo guhabwa umupira mwiza.
Gutsinda uyu mukino byatumye Kiyovu Sports ifata umwanya wa kane n'amanota 42, ikaba irushwa amanota 12 na Al-Hilal SC ya mbere.
Ku rundi ruhande, Gasogi United yagumanye amanota 26 ku mwanya wa 12, ikaba isigaje amanota atanu gusa hejuru y'umurongo utukura w'amakipe ashobora kumanuka mu cyiciro cya kabiri.
Leave a Comment