Umubiligi Mathjis yegukanye Agace ka Kane ka Tour du Rwanda
Umubiligi Mathjis yegukanye Agace ka Kane ka Tour du Rwanda
Umunyonzi w'Umubiligi Mathjis De Clercq ukinira Ikipe ya Soudal Quick-Step Devo Team ni we wegukanye Agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026, kahagurukiye i Karongi kerekeza mu Mujyi wa Rubavu ku ntera y’ibilometero 127,2.
‎Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 25 Gashyantare 2026, De Clercq w'imyaka 20 yakoresheje amasaha atatu, iminota itanu n'amasegonda 55 (3:05:55), anganya ibihe n'Umudage Moritz Kretschy ukinira NSN Development Team, gusa amutanga gukandagiza ipine ku murongo imbere y'Isoko rya Rubavu.
‎Gutsindirwa ku murongo ntibyabujije Moritz Kretschy waje ku mwanya wa kabiri kwambara umwambaro w’umuhondo arusha abandi ibihe ku rutonde rusange. Abaye umukinnyi wa kane ufashe uyu mwambaro mu minsi ine gusa ishize iri siganwa ritangiye.
‎Isiganwa ryahagurutse i Karongi saa Sita zuzuye ryitabiriwe n'abakinnyi 76, nyuma y'uko Nsengiyumva Shemu wa Team Rwanda abaye uwa munani usezerewe muri Tour du Rwanda y'uyu mwaka kubera uburwayi. Ibihe byatangiye kubarwa abakinnyi bageze ahitwa Bupfune.
‎Muri iri siganwa ryarimo imisozi ikomeye nka Rutsiro na Nyundo, abakinnyi batangiye gushaka uko basiga igikundi hakiri kare. Ku kilometero cya 20, Julian Borresch wa REMBE| rad-net yegukanye amanota y'Umusozi wa Mbere i Gisaze, anongera kwegukana n'Umusozi wa Kabiri i Rutsiro nyuma y'ibilometero icumi.
‎Uko isiganwa ryakomezaga, Abanyarwanda na bo bagerageje kwigaragaza aho Manizabayo Eric uzwi nka 'Karadiyo' ukinira Benediction Banafrica Team na Byukusenge Patrick wa Team Rwanda baciye mu rihumye igikundi. Karadiyo yaje no kwegukana amanota y'Umusozi wa Gatatu asize bagenzi be.
‎Ahagana mu bilometero 20 bya nyuma, irushanwa ryabaye ishiraniro ubwo abakinnyi b'imbere basigaga igikundi iminota irenga itanu. 
Mathjis De Clercq yigaragaje cyane muri iyi minota ya nyuma ubwo yegukanaga amanota y'Umusozi wa Rambo ushobora kuba ari na wo wakoze ikinyuranyo mbere y'uko binjira mu Mujyi wa Rubavu.
‎Mu bilometero bitatu gusa bya nyuma, De Clercq na Kretschy basigaranye imbere bonyine, basiga Mauro Cuylits wa Lotto-Groupe Wanty wari ubari inyuma ho amasegonda 50. Bombi bakoresheje imbaraga zidasanzwe bageze imbere y'Isoko rya Rubavu, birangira De Clercq arushije Kretschy kunyonga.
‎Nyuma y'uyu mukino, hatanzwe ibihembo by'umunsi aho Mathjis De Clercq yahembwe nk'uwegukanye Agace ka Kane, Moritz Kretschy yambikwa umwambaro w'umuhondo, naho Manizabayo Eric 'Karadiyo' ahemberwa kuyobora isiganwa igihe kirekire. 
Miguel Heidemann yongeye guhembwa nk'uwahize abandi mu kuzamuka no muri sprint, Niyonkuru Samuel ahembwa nk'Umunyarwanda mwiza, Amaniel Desta aba Umunyafurika mwiza n'Umunyafurika muto mwiza ndetse ahembwa nk'umukinnyi muto witwaye neza muri rusange. NSN Development Team ni yo yabaye ikipe nziza y'umunsi.
‎Tour du Rwanda 2026 izakomeza kuri uyu wa Kane, tariki ya 26 Gashyantare, hakinwa Agace ka Gatanu kazazenguruka mu Mujyi wa Rubavu guhera saa Cyenda z'amanywa ku ntera y'ibilometero 82.
Comments (0)

No comments yet. Be the first to comment!

Leave a Comment
Trending Now