Youri Tielemans, Emiliano Buendía na Morgan Rogers ni bo batsinze ibitego,mu mukino waranzwe no kuyobara hagati mukibuga cyane ku ruhande rwa aston villa kuko niyo yihariye umupira kuva ku munota wa mbere kugeza kuwa nyuma aho bagiye bagora cyane ikiupe ya freiburg sc.
Ariko iri joro ryari rirenze umukino wa nyuma gusa. Ryabaye ijoro Aston Villa yongeye kwigaragaza nk’imbaraga zikomeye mu mupira w’u Burayi.Unai Emery, uzwi nk’umwami wa Europa League. Ubu amaze gutwara Europa League inshuro eshanu, ibintu bitarakorwa nundi mutoza .
Yayitwaye inshuro eshatu hamwe na Sevilla FC,nshuro imwe hamwe na Villarreal CF ndetse ninshuro imwe hamwe na Aston Villa
Ibi byerekana ko Emery adafata Europa League nk’irushanwa risanzwe, ahubwo ayifata nk’aho ari ubwami bwe bwihariye.
Imyaka 30 yari ishize idatwara igikombe gikomeye mu gihe imyaka 43 yari ishize idatwara igikombe cy’i Burayi ,Emery yegukanye Europa League ye ya gatanu
aston villa ubu muri premier league iri ku mwanya wa 4 ku rutonde rwa shampiona aho habura umukino umwe ngo shampiona irangire ,aston villa yamaze kwibikabo itike yo gukina uefa champion league umukino wa nyuma wa shampiona aston villa izakina na manchester city kuwa 24 gicurasi 2026.



