‎Chelsea yahagaritse Enzo Fernandez

‎Chelsea yahagaritse Enzo Fernandez

‎Chelsea yahagaritse Enzo Fernandez

‎Chelsea yahagaritse Enzo Fernandez

‎Umutoza w'Ikipe ya Chelsea FC, Liam Rosenior, yafashe icyemezo cyo guhagarika Visi Kapiteni w'iyi kipe Enzo Fernandez mu mikino ibiri ikomeye irimo uwa Port Vale n'uwa Manchester City nyuma y'amagambo uyu mukinnyi yatangaje agaragaza gushidikanya ku hazaza he ndetse anenga imikorere y'ikipe.

‎Ibi bihano bivuze ko uyu Munya-Argentine atazagaragara mu mukino wa 1/4 cya FA Cup ikipe ye izakiramo Port Vale yo mu Cyiciro cya Gatatu kuri uyu wa Gatandatu, ndetse n'umukino wa Premier League bazahuramo na Manchester City ku Cyumweru gitaha tariki ya 12 Mata.

‎Mu kiganiro n'abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa Gatanu, Umutoza Liam Rosenior yemeje iki cyemezo atangaza ko yababajwe n'imyitwarire ya Fernandez kuko yarengereye umurongo ngenderwaho w'iyi kipe y'i Londres.

‎Rosenior yagize ati "Navuganye na Enzo mu isaha imwe ishize. Ni nk'ikipe, kandi ndi mu gice cy'iryo fatwa ry'ibyemezo, twafashe umwanzuro. Ntabwo azakina umukino w'ejo ndetse n'uwa Manchester City uteganyijwe ku Cyumweru gitaha. Ntekereza ko kuri Enzo biteye agahinda kuvuga muri buriya buryo."

‎Yakomeje agira ati "Icyo navuga kuri we nk'umuntu nta magambo mabi mfite namuvugaho, ariko ntekereza ko umurongo warengerewe urebye umuco wacu n'ibyo dushaka kubaka. Bityo twagombaga gufata ibihano."

‎Ibi bibazo byatangiye mu kwezi gushize ubwo Paris Saint-Germain yasezereraga Chelsea muri Champions League iyitsinze ibitego 8-2 mu mikino yombi. Icyo gihe uyu mukinnyi ufite amasezerano kugeza mu 2032 yavuze ko atazi neza iby'ahazaza he, avuga ko azareba ibizakurikiraho nyuma y'Igikombe cy'Isi.

‎Mu kindi kiganiro Fernandez watsinze ibitego 12 mu mikino 46 amaze gukina uyu mwaka, yanenze icyemezo ubuyobozi bwafashe muri Mutarama cyo kwirukana uwari Umutoza Mukuru Enzo Maresca. Yavuze ko byabababaje cyane kuko uyu mutoza yari yabahaye umurongo ngenderwaho n'imyumvire isobanutse haba mu myitozo no mu mikino.

‎Ku rundi ruhande, myugariro Marc Cucurella na we wari wavuze ko ikipe yishyura ikiguzi cy'ukubura ubunararibonye ndetse akanenga iyirukanwa rya Maresca, we ntiyahagaritswe. Rosenior yavuze ko bagiranye ibiganiro byiza ariko amunenga kuba yaragiye mu itangazamakuru mbere yo kubanza kubwira ubuyobozi ibyo atekereza.

‎Ibi byose biri kuba mu gihe Chelsea iri mu bihe bigoye cyane dore ko yatsinzwe imikino ine iheruka mu marushanwa yose, irimo n'iya Premier League yatsinzwemo na Newcastle United ndetse na Everton.

Kugeza ubu iyi kipe iri ku mwanya wa gatandatu muri shampiyona, aho yabonye intsinzi imwe gusa mu mikino itandatu iheruka gukina.





Share this article

Facebook Twitter LinkedIn WhatsApp Instagram
Trending Now