Bamwe bamufata nk' umukinnyi wa mbere mu mupira w’amaguru kwisi, Cristiano Ronaldo, yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya Arabia Saoudite ku nshuro ya mbere ari muri Al Nassri, acyongera ku bindi bikombe yagiye atwara aho yanyuze hose.
Mu ijoro ryo ku wa Kane, tariki ya 21 Gicurasi 2026, al-nassr yatsinze Damac ibitego 4-1, mu mukino w’Umunsi 34 wa Saudi Pro League.ihita itwara igikombe cya shmpiona irushya al-hilal amanota 2 gusa.
Ni umukino watangiye amakipe yombi yatakana bikomeye bituma habura ibasha kureba mwizamu ryundi kugeza igice cya mbere kirangiye,ibintu byose byahindutse mu gice cya kabiri ubwo bavaga kuruhuka.
Ibitego byatsinzwe kuri uyu mukino, harimo icya Sadio Mane wafunguye amazamu bwa mbere ku munota wa 33, Kingsley Coman atsinda igitego cya 2 ku munota wa 51, na bibiri bya Cristiano Ronaldo ku munota wa 62 n’uwa 80.
Gutsinda uyu mukino byayihesheje amanota 86, irusha amanota abiri Al Hilal SC bayri bihanganye, nubwo na yo yatsinze Al Feiha igitego 1-0, ihita yegukana Igikombe cya 10 cya Shampiyona ya Arabia Saoudite 1975, 1980, 1981, 1989, 1994, 1995, 2014, 2015, 2019, 2026.
Cristiano Ronaldo yatsinze ibitego 28 muri 63 iyi kipe yinjije muri uyu mwaka wose.Ibi byatumye uyu mukinnyi agira ibitego 973, mu rugendo rwe rwo kwandika amateka yo gutsinda ibitego 1000.
Ronaldo w’imyaka 41 aheruka guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu ya Portugal izakina Igikombe cy’Isi cya 2026, kikazaba ari icya gatandatu akinnye mu mateka ye.
Uyu mukinnyi ufite Ballon D’Or eshanu yegukanye shampiyona eshanu z’aho yanyuze hose mu mupira w’amaguru. Yegukanye Shampiyona y’u Bwongereza inshuro eshatu ari kumwe na Manchester United, iya Espagne inshuro ebyiri ari kumwe na Real Madrid, iy’u Butaliyani inshuro ebyiri ari kumwe na Juventus
.


