Police fc ikomeje gutenguha abakunzi bayo nyuma yo gutsindwa na bugesera fc igitego1_0 ni umukino wabaye ku munsi wejo 19.04.2026kigali Pele stadium
Byari biteganyijweko uyu mukino utangira kwi saha yi 3:00pm ariko nti byakunze kuko ekipe ya bugesera yari yasuye yasanze yambaye imyenda isa Niya police fc yari yakiriye
Biba ngombwa ko bahindura umukino utangira utinzeho iminota 15 ku isaha yagenwe nu mukino
Ekipe ya bugesera yinjiye mu mukino hakiri kare nuko ku munota wa 4 wi gice cyambere clement john atsinda igitego cya mbere ku makosa ya badefanseri ba police fc
Police yagerageje gukora ibishoboka byose ngo yishure ariko amahirwe arabura dore ko bateye poto zirenga ebyiri harimo nu mutwe ukomeye rudasingwa prince yagerageje ariko biranga
Uyu mukino ubaye uwa kabiri wikurikiranya police fc itsinzwe dore ko bari baheruka gutsindirwa ihuye batsindwa na magaju ibitego 2_1 .
Ubu police fc yagumye ku mwanya wa 6 na manota 41 ku ruronde rwa shampiona mu gihe bugesera yagiye ku mwanya wa 8 na manota 40 .
Police izagaruka mu kibuga tariki 25.04.2026 yakira ekipe ya marine fc





