‎Rayon Sports yaguze rutahizamu mushya
‎Rayon Sports yaguze rutahizamu mushya

‎Ikipe ya Rayon Sports yamaze gusinyisha rutahizamu Nizeyimana Mubaraka wakiniraga Marine FC amasezerano y’imyaka ibiri azamugeza mu mpeshyi ya 2028.

‎Uyu musore w’imyaka 23 y’amavuko yaguzwe miliyoni 8 Frw, akaba yerekanywe n'iyi kipe yambara ubururu n'umweru ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 16 Kamena 2026 ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo.

‎Mu butumwa yashyize hanze yemeza aya makuru, Rayon Sports yagize iti “Twishimiye gutangaza isinyishwa rya rutahizamu ukiri muto ndetse ufite impano, Nizeyimana Mubaraka. Ubu ni ubururu n’umweru kugeza mu 2028. Urakaza neza mu Muryango w’Ubururu n’Umweru, Mubaraka.”

‎Nizeyimana yinjiye muri Gikundiro ari umukinnyi wigenga nyuma yo gusoza amasezerano yari afitanye na Marine FC y'i Rubavu ku mpera z’umwaka w’imikino wa 2025/2026.

‎Mu gihe yari amaze muri iyi kipe y'i Rubavu yayikiniye imikino 15 ya Shampiyona ayitsindira ibitego bitanu anatanga umupira umwe uvamo igitego (Assist), mu gihe mbere yo kuyerekezamo yari yazamukiye mu ikipe y’Intare FA ibarizwa muri APR FC.

‎Kugeza ubu Nizeyimana abaye umukinnyi wa gatandatu uguzwe na Rayon Sports muri iyi mpeshyi, aho asanze abandi bakinnyi bashya barimo Ndayishimiye Didier, Nshuti Didier, Nisingizwe Christian, Abbel Matumona, Charles Tchouplaou na Ndikumana Fabio.

Comments (0)

No comments yet. Be the first to comment!

Leave a Comment
Trending Now