APR FC yarekuye Ruboneka na Barafinda

APR FC yarekuye Ruboneka na Barafinda

APR FC yarekuye Ruboneka na Barafinda

APR FC yarekuye Ruboneka na Barafinda
‎Ikipe ya APR FC yatandukanye ku mugaragaro n'abakinnyi bayo babiri b'Abanyarwanda barimo Ruboneka Jean Bosco ukina mu kibuga hagati ndetse na Mugisha Gilbert ukina asatira anyuze mu mpande, nyuma yo gusoza amasezerano yabo ntibongererwe andi. 
Uku gutandukana gushingiye ku kutumvikana ku mafaranga y'amasezerano mashya kuri Ruboneka, mu gihe Mugisha we ubuyobozi bwatangaje ko atari akiri muri gahunda z'ikipe.
‎Ruboneka Jean Bosco yari amaze imyaka itandatu akinira Ikipe y'Ingabo z'Igihugu kuva yayigeramo mu mwaka wa 2020 avuye muri AS Muhanga. 
Kureka uyu mukinnyi byaturutse ku kuba impande zombi zananiranywe ku mafaranga agomba guhabwa, aho amakuru yemeza ko yaciye ikipe akayabo gasaga miliyoni 100 Frw kugira ngo ashyire umukono ku masezerano mashya y'imyaka ibiri.
‎Ku ruhande rwa Mugisha Gilbert wari winjiye muri APR FC mu mwaka wa 2021 avuye muri mukeba Rayon Sports, we ntiyigeze aganirizwa ku byo kongera amasezerano kuko ubuyobozi bwamumenyesheje ko butari bumufite muri gahunda zabwo bigendanye n’ikipe nshya bwifuza kubaka mu mwaka utaha w'imikino.
 Aba bakinnyi bombi bamaze guhabwa amabaruwa abemerera kujya kwishakira andi makipe.
‎Iri sezererwa rya Ruboneka na Mugisha rije rikurikira iry'abandi bakinnyi iyi kipe yarekuye mu minsi ishize barimo Aliou Souané, Mamadou Sy, uwari kapiteni Niyomugabo Claude, ndetse na Mahamadou Lamine Bah. Hari kandi n'andi makuru avuga ko ishobora no kudakomezanya n’abandi barimo n'umunyezamu Ishimwe Jean Pierre.

Share this article

Facebook Twitter LinkedIn WhatsApp Instagram
Trending Now