Cape Verde yakoze amateka ikomeza muri 1/16; izacakirana na Argentina

Cape Verde yakoze amateka ikomeza muri 1/16; izacakirana na Argentina

Cape Verde yakoze amateka ikomeza muri 1/16; izacakirana na Argentina

Cape Verde yakoze amateka ikomeza muri 1/16; izacakirana na Argentina
‎Ikipe y'Igihugu ya Cape Verde yanditse amateka adasanzwe yo gukatisha itike y'ijonjora rya 32 (1/16) ku nshuro yayo ya mbere yitabiriye Igikombe cy'Isi, nyuma yo kunganya na Saudi Arabia ubusa ku busa (0-0) mu mukino wa nyuma w'Itsinda H.
‎Iyi kipe itazirwa 'Blue Sharks' yazamutse ari iya kabiri n'amanota atatu nyuma yo kunganya imikino yayo yose uko ari itatu.
 Ibaye ikipe ya mbere ikomeje inganyije imikino yose kuva Chile yabikora mu 1998, ndetse izahura na Argentina ifite igikombe giheruka mu mukino uteganyijwe ku wa Gatanu, tariki ya 3 Nyakanga.
‎Muri uyu mukino, Cape Verde ni yo yaremye uburyo bwinshi bwashoboraga kuvamo ibitego binyuze ku bakinnyi barimo Willy Semedo, Kevin Pina na Laros Duarte, ariko umunyezamu Mohammed Al Owais wa Saudi Arabia ababera ibamba.
 Kuzamuka kw'iyi kipe y'abaturage basaga ibihumbi 525 gusa, kwagizwemo uruhare na Espagne yatsinze Uruguay igitego 1-0.
‎Ibi byatumye Cape Verde iba ikipe ya gatatu ya Afurika irenze amatsinda idatsinzwe ku nshuro yayo ya mbere yitabiriye.

Share this article

Facebook Twitter LinkedIn WhatsApp Instagram
Trending Now