Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru ku Isi (FIFA) ryafatiye ikipe ya Rayon Sports ibihano byo kutandikisha abakinnyi bashya kugeza mu mpeshyi y'umwaka wa 2027.
Ibi bihano bitunguranye bije nyuma y'iminsi mike iyi kipe ikomorewe, ubwo yari imaze kwishyura miliyoni 23 Frw yari ibereyemo uwahoze ari umukinnyi wayo Souleymane Daffé.
Ibi bitumye Gikundiro iba ikipe ya kabiri mu Rwanda igaragara kuri uru rutonde rwa FIFA nyuma ya Vision FC yafatiwe ibihano mu 2025.
Amakuru yabanje gushyira mu majwi ko uyu mwanzuro waturutse ku kirego cy'umunyezamu Drissa Kouyaté usanzwe ukinira iyi kipe.
Hari n'andi makuru ahuza ibi bihano n'umwenda wa miliyoni 20 Frw iyi kipe igifitiye umutoza Afahmia Lotfi wigeze kuyigeza mu nkiko ayishinja kumwirukana binyuranyije n'amategeko.
Iyi kipe kandi ivugwamo ubwumvikane buke hagati yayo na Kitoko Faustin Likau wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bapfa uwishyura itike y'indege imuzana mu Rwanda.
Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwahise busohora itangazo buhakana amakuru y'uko yarezwe na Drissa Kouyaté, bwemeza ko ibibazo byari bihari byakemutse binyuze mu bwumvikane.
Iri tangazo ryagize riti "Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwamaze gushyikiriza FIFA inyandiko zemeza ubwumvikane bwagezweho hagati y’impande zombi."
Iyi kipe yashimangiye ko uyu munyezamu nta kibazo na kimwe bafitanye bityo akaba akomeje akazi ke nk'ibisanzwe.
Iki cyemezo gishobora kugira ingaruka zikomeye kuri Rayon Sports kuko yari imaze gusinyisha abakinnyi bashya 15 n'abatoza bungirije barimo Habimana Sosthène na Hugo Tricárico.
Kugeza ubu, iyi kipe iri mu mwiherero mu Karere ka Gicumbi yitegura umukino wa gicuti na Gor Mahia yo muri Kenya uteganyijwe kuri Rayon Day tariki 18 Nyakanga.
Uyu mukino ni wo uzayifasha kwitegura amarushanwa akomeye arimo CECAFA Kagame Cup ndetse na CAF Confederation Cup.