Umutoza ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Guy Bukasa, yagizwe Umutoza Mukuru w'ikipe ya kabiri ya Al Hilal SC yo muri Sudani ndetse n'amakipe yayo yose y'abato.
Uyu mutoza wamenyekanye cyane mu Rwanda ubwo yatozaga amakipe arimo Rayon Sports na AS Kigali yahawe amasezerano y'umwaka umwe ushobora kongerwa.
Ubuyobozi bwa Al Hilal SC bwatangaje ko Bukasa azaba ashinzwe kureberera iterambere ry'abakinnyi bakiri bato mu byiciro byose byayo.
Bukasa yerekeje muri iyi kipe nyuma yo gutandukana na FC Saint-Éloi Lupopo yari yarafashije kugera mu matsinda ya CAF Champions League y'umwaka wa 2025-26 igasezerera Orlando Pirates.
Uyu mutoza wari n'Umutoza w'Ikipe y'Igihugu ya RDC y'abakiri bato yavuzweho kwifuzwa na Police FC ndetse na Singida Black Stars mbere yo kwerekeza muri Sudani.
Ikipe ya mbere ya Al Hilal SC iherutse guha akazi Umunya-Portugal Alexander Miguel Crespo Santos izakomeza gukina Shampiyona y'u Rwanda mu gihe iyi ya kabiri yahawe Bukasa izakina muri Sudani.
Iyi kipe nkuru ni yo yegukanye igikombe cya Shampiyona y'u Rwanda cy'umwaka wa 2025-26 n'amanota 75.