‎Harry Kane yahesheje u Bwongereza itike ya 1/8 isezereye Congo Kinshasa

‎Harry Kane yahesheje u Bwongereza itike ya 1/8 isezereye Congo Kinshasa

‎Harry Kane yahesheje u Bwongereza itike ya 1/8 isezereye Congo Kinshasa

‎Harry Kane yahesheje u Bwongereza itike ya 1/8 isezereye Congo Kinshasa
Rutahizamu akaba na kapiteni Harry Kane yatsinze ibitego bibiri mu minota ya nyuma ahesha u Bwongereza itike ya 1/8 cy'Igikombe cy'Isi nyuma yo kwigaranzura Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikayitsinda ibitego 2-1. 
Ibi bitego bya Kane byabongereye icyizere cyo gukomeza nyuma y'uko iyi kipe itozwa na Thomas Tuchel yari yabanje gushyirwaho igitutu ndetse igatsindwa igitego hakiri kare mu mukino wabereye i Atlanta.
‎Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ni yo yabanje gufungura amazamu ku munota wa karindwi ibikesha igitego cyatsinzwe na Brian Cipenga wateye ishoti rikomeye. Iyi mikinire yatunguye umutoza Thomas Tuchel wari watangaje mbere y'umukino ati "Ni ikipe ikina yugarira cyane, ikoresha imbaraga kandi yiteguye neza." 
Icyakora RDC yagaragaje isura itandukanye ikoresha uburyo bwa 4-1-4-1 bwayifashije kwiharira umupira no gusatira cyane mu gice cya mbere ibifashijwemo n'umunyezamu Lionel Mpasi wakuyemo imipira yagombaga kuvamo ibitego yatewe na Jude Bellingham.
‎U Bwongereza bwakomeje gushaka igitego kugeza ubwo Harry Kane yishyuraga ku munota wa 75 n'umutwe, ahawe umupira na Anthony Gordon. Habura iminota ine gusa ngo umukino urangire, uyu kapiteni yongeye kugaragaza ubuhanga atsinda igitego cya kabiri acenze abakinnyi ba RDC, bityo ahesha ikipe ye intsinzi mu buryo bugoranye. 
Iki gitego cyafashije Kane guca kuri nyakwigendera Pele mu bakinnyi batsinze ibitego byinshi mu mateka y'Igikombe cy'Isi kuko yahise yuzuza ibitego 13 mu gihe umunyabigwi ukomoka muri Brésil we afite 12.
‎Muri uyu mukino hagaragayemo icyemezo cy'umusifuzi w'Umunya-Yordaniya Adham Makhadmeh wanze gutanga penaliti nyuma y'uko Harry Kane agushijwe mu rubuga rw'amahina akoranyeho n'umunyezamu Mpasi. Uyu musifuzi yagaragaje ko uyu rutahizamu yishakiye gukorwaho, akigusha ku bushake, bityo ntiyamuha penaliti, gusa yirinda kumuha ikarita y'umuhondo yo kwigusha kuko habayeho gukoranaho hagati y'abakinnyi bombi. 
Intsinzi y'u Bwongereza isobanuye ko buzacakirana na Mexique yakiriye iri rushanwa mu mukino wa 1/8 uzabera kuri Estadio Azteca iherereye mu murwa mukuru wayo.




































Share this article

Facebook Twitter LinkedIn WhatsApp Instagram
Trending Now