‎Kimenyi Yves yanenze bikomeye imigurire ya Rayon Sports yakiniye

‎Kimenyi Yves yanenze bikomeye imigurire ya Rayon Sports yakiniye

‎Kimenyi Yves yanenze bikomeye imigurire ya Rayon Sports yakiniye

‎Kimenyi Yves yanenze bikomeye imigurire ya Rayon Sports yakiniye
Umunyezamu Kimenyi Yves wakiniye Rayon Sports yanenze yivuye inyuma politiki y’igura n’igurisha ikorwa n’iyi kipe, avuga ko bidakwiye kurekura abakinnyi bamaze kumenyera imikinire yayo hakazanwa abandi benshi bashya buri mwaka, nyamara batazi neza niba bazatanga umusaruro.
‎Ibi uyu munyezamu yabigaragaje abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Kamena 2026, nyuma y'uko iyi kipe yambara ubururu n'umweru irekuye abakinnyi barimo Youssou Diagne na Bayisenge Emery bari bamaze igihe bayikinira, igatangira kugura abandi bashya benshi.
‎Mu butumwa bwe yibajije impamvu amakipe yo mu Rwanda agura abakinnyi barenga 10 buri mwaka mu gihe ahandi bubaka ikipe bagura abatarenga batanu.
‎Yagize ati "Ariko amakipe yo mu Rwanda arasekeje cyane! Ni gute urekura abakinnyi bamaze kumenya sisiteme y'ikipe warangiza ukareka kubaha amasezerano mashya, ukajya gushaka abandi bashya bakaza gutangira wa mushinga mwavuze ko mushaka kugeraho umwaka ushize?"
‎Yakomeje ashimangira ko ibi bihabanye n'ibikorwa ahandi umupira wateye imbere.
‎ Ati "Ko abenshi muvuga ko mureba imikino y'ahandi badusize! Sinari nabona buri mwaka bagura abakinnyi bashya barenga batanu, ariko inaha mbona amakipe agura abakinnyi barenga 10 buri mwaka. Ni njye utazi ibya ruhago cyangwa ni umupira wacu udashaka guhinduka?"
‎Uku kunenga kuje mu gihe Rayon Sports ikomeje urugendo rwo kwiyubaka, aho imaze gutangaza abakinnyi bashya bagera kuri batanu, ibintu byanatumye ifata icyemezo cyo gutandukana n'abandi bari basanzwemo barimo Joachim Vigninou na Ben Aziz Dao basubiye mu bihugu byabo.
‎Kimenyi Yves utumva neza iyi politiki yo guhinduranya abakinnyi buri mwaka, asanzwe azi neza imikorere ya Rayon Sports kuko yayikiniye umwaka umwe w'imikino kuva muri Nyakanga 2019 kugeza muri Gicurasi 2020 mbere y'uko yerekeza muri SC Kiyovu. Uyu munyezamu yari yageze muri Gikundiro avuye muri mukeba APR FC yamazemo imyaka itanu.




Share this article

Facebook Twitter LinkedIn WhatsApp Instagram
Trending Now