Rayon Sports ikina icyiciro cya mbere cy'umupira w'amaguru mu Rwanda, ubu niyo iyoboye isoko ry'igura n'igurisha mu Rwanda aho ubu imaze kugura abakinnyi 7 kandi isiko aribwo rigifungurwa.
Iyi mibare tugiye kugenderaho dusesengura ni iyo kuva mu isoko ry'idirishya rito rya Murama uyu mwaka, kugera ku itirishya rinini ry'isoko rifunguwe ejobundi. Imibare isesenguwe igaragaza ko Rayon Sports ku mpuzandengo imaze gusinyisha umukinnyi nibura umwe buri minsi 11 n'amasaha hafi icyenda kuva muri Mutarama uyu mwaka.
Mu isoko ryo muri Mutarama, Rayon Sports yabanje kongeramo abakinnyi barindwi barimo umunyezamu Kwizera Olivier, myugariro wo ku ruhande rw'iburyo Obed Uwumukiza, ba myugariro bo hagati Tshimanga Ramazan na Yannick Bangara, umukinnyi wo hagati Faustin Likau, rutahizamu wo ku ruhande Joachim Vininou ndetse na myugariro wo ku ruhande rw'ibumoso Aziz Dao.
Tshimanga uri mubaje muri mutarama, ikipe ntabwo yanyuzwe n'umusaruro we
Nyuma y'amezi make, iyi kipe yongeye kwisubiza ku isoko rya Kamena, aho yamaze gusinyisha abandi bakinnyi barindwi. Abo ni Ndayishimiye Didier ukina inyuma ku ruhande rw'iburyo, Nshuti Didier, Charles Tchouplaou na Matumona Wakonda Kanda Abbel bakina mu mutima wa ba myugariro, Nisingizwe Christian na Nkundimana Fabio bakina hagati mu kibuga, ndetse na Muhoza Daniel usatira aciye ku ruhande.
Mu bakinnyi 14 bamaze kugezwa muri Rayon Sports muri uyu mwaka, umubare munini ugizwe na ba myugariro, ibintu bishobora gusobanurwa nk'icyemezo cyo gushimangira ubwugarizi bw'iyi kipe mbere y'uko itangira amarushanwa y'umwaka utaha. Muri aba bakinnyi kandi harimo abakina hagati mu kibuga, abasatira banyuze ku mpande ndetse n'umunyezamu umwe.
Nkundimana Fabio ubu ni umukinnyi mushya wa Rayon Sports mu myaka ibiri iri imbere
Niba iyi mibare ikomeza kwiyongera mu minsi iri imbere, Rayon Sports ishobora kurangiza umwaka wa 2026 iri mu makipe yakoze impinduka nyinshi ku rutonde rw'abakinnyi bayo. biteganyijwe ko Rayon Sports ku isoko ry'uyu mwaka isigaje hafi abakinnyi 4 ku buryo isoko rinini rishobora gufunga iguze abakinnyi 11 cya ngwa 12 nk'uko ubuyobozi bw'ikipe bubivuga.
Yitwa Matumona aherutse kugere muri Rayon Sports avuye mu Amagaju FC
Kwizera Olivier na Bangala bageze muri Rayon Sports muri Mutarama uyu mwaka, ariko Bangala yayibereye igihombo