Uyu mukino wasize Mbappe abaye umukinnyi watsinze ibitego byinshi mu mikino yo gukuranamo mu mateka y'iri rushanwa kuko yagejeje ibitego 10.
Uyu rutahizamu yafunguye amazamu mbere y'uko Bradley Barcola atsinda icya kabiri, maze Mbappe yongera kwinjiza igitego cya gatatu ahawe umupira na Michael Olise.
Ubufaransa bwakomeje kwerekana imbaraga zidasanzwe muri iri rushanwa kuko bumaze gutsinda imikino yayo ine yose buninjiza ibitego 13. Nyuma yo gutsinda igitego cye cya mbere muri uyu mukino, Mbappe yirutse asanga umutoza we Didier Deschamps kugira ngo amwereke ko amushyigikiye mu bihe bikomeye by'akababaro arimo.
Ku rundi ruhande, Michael Olise yigaragaje cyane atanga imipira ibiri yavuyemo ibitego, ari nako yashoboraga gutsinda igitego cy'amateka binyuze mu mupira yateye ngarama ariko ukubita igiti cy'izamu.
Umutoza wa Suède, Graham Potter, yari yapanze ikipe ye mu buryo bwa 4-4-2 ashaka kugarira no gukoresha imipira yihuse ku makosa y'uwo bahanganye. Nubwo ba rutahizamu barimo Viktor Gyokeres, Alexander Isak na Anthony Elanga bagerageje gushaka uburyo inyuma y'abugarira b'u Bufaransa, nta musaruro byatanze kuko ubwugarizi bwababereye ibamba.
Muri 1/8, Ubufaransa buzacakirana na Paraguay mu mujyi wa Philadelphia mu rugendo rwabwo rwo gushaka igikombe.


