Paraguay yanditse amateka isezerera u Budage mu Gikombe cy'Isi kuri penaliti

Paraguay yanditse amateka isezerera u Budage mu Gikombe cy'Isi kuri penaliti

Paraguay yanditse amateka isezerera u Budage mu Gikombe cy'Isi kuri penaliti

Paraguay yanditse amateka isezerera u Budage mu Gikombe cy'Isi kuri penaliti
Ikipe y'Igihugu ya Paraguay yatunguranye yandika amateka yo gusezerera u Budage mu ijonjora rya 1/16 cy'Igikombe cy'Isi cya 2026, nyuma yo kubutsinda kuri penaliti 4-3. Uyu mukino wari warangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1 mu minota 120.
‎Mu gice cya mbere, Paraguay ni yo yabanje gufungura amazamu ku gitego cyatsinzwe n'umutwe wa Julio Enciso. U Budage bwishyuye iki gitego binyuze kuri Kai Havertz, gusa uyu mukinnyi yaje guhusha penaliti mu gusoza umukino kimwe na Nick Woltemade ndetse na Jonathan Tah wateye hejuru y'izamu. 
Ibi byabaye nyuma y'uko u Budage bwangiwe igitego mu minota y'inyongera, ubwo ikoranabuhanga rya VAR ryemezaga ko Waldemar Anton yakoreye ikosa umunyezamu Orlando Gill mbere y'uko Tah atsindisha umutwe.
‎Nubwo Manuel Neuer yakuyemo penaliti ya Fabian Balbuena, naho Antonio Sanabria agahusha indi ayiteye hanze ku ruhande rwa Paraguay, Jose Canale yatsinze penaliti ya nyuma y'intsinzi, aha iyi kipe itike yo gukina 1/8, aho izahura n'u Bufaransa cyangwa Suède.
‎Ibi bibaye amateka kuko ari inshuro ya mbere u Budage butsinzwe kuri penaliti mu Gikombe cy'Isi, ndetse bukaba bumaze imyaka 12 budatsinda umukino n'umwe mu cyiciro cyo gukuranamo kuva bwatwara igikombe mu 2014.












Share this article

Facebook Twitter LinkedIn WhatsApp Instagram
Trending Now