‎Police FC yirukanye umutoza Ben Moussa

‎Police FC yirukanye umutoza Ben Moussa

‎Police FC yirukanye umutoza Ben Moussa

‎Police FC yirukanye umutoza Ben Moussa
‎Ikipe ya Police FC yafashe icyemezo cyo gutandukana n'Umutoza Mukuru wayo ukomoka muri Tunisia, Ben Moussa, wari umaze umwaka umwe ayitoza, biturutse ku musaruro mubi yagaragaje udatanga icyizere cyo kugera ku ntego.
‎Iyi kipe y’abashinzwe umutekano yemeje aya makuru y'iyirukanwa ry'uyu mutoza ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki ya 14 Kamena 2026, ibinyujije mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga zayo ishimira uyu mugabo ibyo bafatanyije. 
‎Ben Moussa yari yageze muri iyi kipe muri Nyakanga 2025, asinya amasezerano y'imyaka itatu; ibisobanuye ko atandukanye na yo yari agisigaranye indi myaka ibiri.
‎Ubuyobozi bwa Police FC bwari bwahaye uyu mutoza inshingano zo kwegukana igikombe cya Shampiyona cyangwa icy'Amahoro kugira ngo abone itike yo gusohokera u Rwanda mu mikino Nyafurika ya CAF Champions League cyangwa CAF Confederation Cup. 
‎Ibi ntibyamuhiriye kuko iyi kipe yasoje ku mwanya wa gatandatu muri Shampiyona, inasezererwa na Rayon Sports muri 1/4 cy’Igikombe cy’Amahoro.
‎Igikombe kimwe rukumbi uyu Munya-Tunisia yabashije guhesha Police FC ni icy’Intwari yegukanye muri Gashyantare uyu mwaka nyuma yo gutsinda APR FC kuri penaliti, gusa ibi ntibyari bihagije ngo iyi kipe yongere gusohoka nk’uko yabikoze mu mwaka w'imikino wa 2024/2025.
‎Kugeza ubu, amakuru atandukanye avuga ko iyi kipe iri gutekereza abatoza bayifasha mu mwaka utaha, aho uyu mwanya ushobora guhabwa Yves Rwasamanzi usanzwe ari umutoza wa Marines FC. Hari n'andi makuru ahuza Police FC n'Umutoza Guy Bukasa ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wigeze gutoza Gasogi United, Rayon Sports ndetse na AS Kigali.
‎Kugenda kwa Ben Moussa kuje gushimangira impinduka zikomeye zikomeje gukorwa muri iyi kipe yitegura umwaka mushya w'imikino wa 2026/2027 kuko asezerewe akurikira abakinnyi barindwi baherutse kwerekwa umuryango.
‎ Abo barimo Umunyarwanda Byiringiro Lague, Abanya-Nigeria Ani Elijah na David Chimezie, Umunya-Ghana Issah Yakubu, Abarundi Msanga Henry na Richard Kirongozi ndetse n’Umunya-Uganda Allan Kateregga.

Share this article

Facebook Twitter LinkedIn WhatsApp Instagram
Trending Now