Rayon Sports yatangaje ikipe bazakina kuri 'Rayon Day 2026'

Rayon Sports yatangaje ikipe bazakina kuri 'Rayon Day 2026'

Rayon Sports yatangaje ikipe bazakina kuri 'Rayon Day 2026'

Rayon Sports yatangaje ikipe bazakina kuri 'Rayon Day 2026'
‎Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko izakira Gor Mahia FC yo muri Kenya mu mukino mpuzamahanga wa gicuti uzabera kuri Stade Amahoro, nk'igice cy'ingenzi cy'ibirori by'Umunsi w’Igikundiro bizwi nka 'Rayon Day 2026'. 
Uyu mukino uzahuza Gikundiro n'iyi kipe iherutse kwegukana Shampiyona ya Kenya ya 2025/2026, uteganyijwe kuba ku wa Gatandatu, tariki ya 18 Nyakanga 2026, guhera saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.
‎Buri mwaka, Rayon Sports itegura uyu munsi udasanzwe ugamije kumurikira abafana bayo abakinnyi bashya, abatoza, umwambaro izakoresha mu mwaka w'imikino uba ugiye gutangira, ndetse n'abafatanyabikorwa bashya. 
Aya makipe agiye guhura aheruka gukina mu 2018, aho yahuriye mu mikino ibiri ya CAF Confederation Cup yarangiye Gikundiro ikomeje ku giteranyo cy’ibitego 3-2, ndetse banahura no muri CECAFA Kagame Cup banganya ibitego 2-2.
‎Muri ibi birori bizahuza abayobozi, abakinnyi ndetse n'abafana, hazerekanwa ku mugaragaro abakinnyi bashya bose iyi kipe imaze kugura yitegura umwaka utaha w'imikino. Muri abo harimo abanyamahanga nka Matumona Kanda Abbel wo muri RDC, Charles Tchouplaou wo muri Tchad, Ibrahim Djingarey wo muri Niger na Antonio Atisso Kodjo wo muri Togo, ndetse n'Abanyarwanda barimo Nizeyimana Mubarak, Nkundimana Fabio, Nisingizwe Christian, Nshuti Didier, Muhoza Daniel na Ndayishimiye Didier.
Kuri uyu wa Mbere, Gikundiro yatangiye umwiherero w'imyitozo mu Karere ka Gicumbi yitabiriwe n'abakinnyi 23 barimo 18 bo mu ikipe ya mbere ndetse n’abandi batanu bazamuwe bavuye mu ikipe y'abato.




Share this article

Facebook Twitter LinkedIn WhatsApp Instagram
Trending Now