Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije amasezerano y'imyaka ibiri rutahizamu ukomoka muri Togo, Antonio Atisso Kodjo, wigaragaje nk'umukinnyi watsinze ibitego byinshi muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Bénin mu mwaka w'imikino ushize.
Uyu rutahizamu w'imyaka 27 ukina asatira anyuze ku ruhande rw’ibumoso, yatangajwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 23 Kamena 2026. Yerekeje muri Gikundiro avuye mu ikipe ya Damissa FC yo muri Bénin, aho yatsinze ibitego 16 byatumye ahembwa nk'umukinnyi wahize abandi mu kureba mu izamu muri Celtiis Ligue 1.
Atisso Kodjo abaye umunyamahanga wa gatatu usinyishijwe na Rayon Sports muri iyi mpeshyi nyuma y'abakina mu bwugarizi barimo Charles Tchouplaou na Matumona Wakonda Kanda Abbel. Iyi kipe ikomeje kwiyubaka yitegura umwaka utaha w'imikino wa 2026/2027 cyane cyane imikino nyafurika ya CAF Confederation Cup ndetse na CECAFA Kagame Cup izabera mu Rwanda.
Muri uru rugendo rwo kongera imbaraga, Rayon Sports iherutse gusinyisha abandi bakinnyi b'imbere mu gihugu barimo Nisingizwe Christian, Ndayishimiye Didier, Nshuti Didier, Nizeyimana Mubarak, na Nkundimana Fabio.
Uku kwiyubaka kwanajyanye no kurekura abandi bakinnyi batari mu mibare y'umutoza Haringingo Francis barimo Youssou Diagne, Ramazani Tshimanga, Bayisenge Emery na Ntarindwa Aimable.
Kodjo uje gukemura ikibazo cy'ubusatirizi, afite ibunararibonye kuko mbere yo kujya muri Bénin yakiniye amakipe arimo ASFOSA Lomé na ASC Kara z'iwabo muri Togo, ndetse akaba yarigeze no guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu ya Togo y’Abatarengeje imyaka 23.
