Ikipe ya RSS Tigers yitwaye neza cyane itsinda Inspired Generation amanota 95 kuri 52 mu mukino wa shampiyona ya Basketball mu Rwanda wabaye kuri uyu wa 17 Mata 2026 saa kumi n’ebyiri z’umugoroba muri petite stade
Uyu mukino waranzwe n’ukwitwara neza kwa Tigers kuva ku munota wa mbere kugeza ku wa nyuma, aho yatsinze amanota menshi mu bice hafi ya byose by’umukino. Mu gace ka mbere (Q1), Tigers yatsinze amanota 31 ku 10 ya Inspired Generation, ibintu byahise biyishyira imbere hakiri kare.
Mu gace ka kabiri, Tigers yakomeje kugaragaza ubudahangarwa itsinda 18 ku 8, mu gihe mu gace ka gatatu yongeye gutsinda 23 kuri 11. Nubwo mu gace ka nyuma (Q4) amakipe yombi yanganyije amanota 23-23, ntibyabujije Tigers gukomeza kuyobora umukino kugeza iwusoje.
Umukinnyi Paul Bizimana ni umwe mu bagaragaje urwego rwo hejuru muri uyu mukino, aho yatsinze amanota 22, akora rebounds 10 ndetse anatanga assists 2, ndetse na steals 3. Ku ruhande rwa Inspired Generation, asiribo Samuel yagerageje kwitwara neza atsinda amanota 19, akora rebounds 8 anatanga assists 4.
Intsinzi ya Tigers igaragaza ko iri mu makipe akomeye muri shampiyona, nyuma yaho ivuye muri South Africa mu mikino ya BAL aho yitwaye neza igakatisha itike yi mikino ya nyuma izabera ikigali mu kwezi gutaha kwa gicurasi.



