Rutahizamu wa Arsenal yafashije Brazil gusezerera u Buyapani igera muri 1/8

Rutahizamu wa Arsenal yafashije Brazil gusezerera u Buyapani igera muri 1/8

Rutahizamu wa Arsenal yafashije Brazil gusezerera u Buyapani igera muri 1/8

Rutahizamu wa Arsenal yafashije Brazil gusezerera u Buyapani igera muri 1/8
‎Ikipe y'Igihugu ya Brazil yakatishije itike yo gukina 1/8 cy'Igikombe cy'Isi cya 2026, nyuma yo kuva inyuma igatsinda u Buyapani ibitego 2-1 mu mukino wa 1/16. Iyi ntsinzi yabonetse mu buryo bugoranye, yaturutse ku gitego cyatsinzwe na Gabriel Martinelli ku munota wa gatanu w'inyongera (95').
‎U Buyapani bwagoye cyane Brazil mu gice cya mbere, byanabuhaye umusaruro ubwo bwafunguraga amazamu ku munota wa 29 binyuze kuri Kaishu Sano, nyuma y'ikosa ryari rikozwe na Danilo agatakaza umupira.

 Ibi byatumye igice cya mbere kirangira abasore b'umutoza Hajime Moriyasu bari imbere y'abakinnyi ba Carlo Ancelotti batabashaga kubona inzira zimena urukuta rwa ba myugariro batanu b'u Buyapani.
‎Igice cya kabiri kigitangira, Ancelotti yakoze impinduka akuramo Lucas Paqueta ashyiramo Endrick, bituma imikinire ya Brazil ihinduka, inongera imbaraga mu busatirizi. Ku munota wa 56, Casemiro yishyuye icyo gitego ateresheje umutwe umupira mwiza wari uhinduwe na Gabriel. 
Nyuma y'iminota itatu gusa, Vinicius Jr yashoboraga kubonera Brazil igitego cya kabiri nyuma yo gucenga ba myugariro b'u Buyapani ariko ishoti rikomeye yateye umunyezamu Zion Suzuki rikubita ku giti cy'izamu.
‎Mu gihe amakipe yombi yasaga n'ayitegura kujya mu minota y'inyongera, Ao Tanaka yatakaje umupira hafi y'urubuga rwe rw'amahina, Bruno Guimaraes ahita awugeza kuri Gabriel Martinelli wateye ishoti rikomeye mu izamu ahesha Brazil intsinzi. 

Ibi bivuze ko u Buyapani busezerewe, mu gihe Brazil ikomeje mu ijonjora rya 1/8, aho itegereje kuzacakirana n'izarokoka hagati ya Norway na Côte d'Ivoire.





Share this article

Facebook Twitter LinkedIn WhatsApp Instagram
Trending Now