Ubu bufatanye buje bukurikira urugendo rw'imyaka umunani Visit Rwanda yari imazemo ikorana na Arsenal rwamamazaga ku kuboko ubu ikaba yarasimbuwe n'ikigo cya Deel.
Aston Villa yiyongereye ku yandi makipe y'ibigugu asanzwe akorana n'u Rwanda arimo Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa, Atlético de Madrid yo muri Espagne na Bayern Munich yo mu Budage.
Iyi kipe itozwa na Unai Emery yari yegukanye UEFA Europa League mu 2026, igiye kongera kugaragara mu mikino ya Champions League hamwe n'uyu muterankunga mushya.