‎Sunrise FC yasinyishije Umutoza Banamwana Camarade
‎Sunrise FC yasinyishije Umutoza Banamwana Camarade
‎Ikipe ya Sunrise FC iherutse kongera kuzamuka mu Cyiciro cya Mbere cya Shampiyona y’u Rwanda yatangaje ko Banamwana Camarade ari we mutoza mukuru wayo mushya ku masezerano y'umwaka umwe.
‎Iyi kipe yo mu Karere ka Nyagatare yemeje aya makuru mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Kamena 2026 ibinyujije ku rukuta rwayo rwa X, igaragaza ko azayitoza mu mwaka w'imikino utaha wa 2026/2027.
‎Banamwana yahawe uyu mwanya nyuma y'uko yari asanzwe ari umutoza mukuru wa Bugesera FC, aho mu mwaka ushize w’imikino yayifashije gusoreza ku mwanya wa cyenda n’amanota 44. Nubwo ubuyobozi bwa Bugesera FC bwari bwifuje cyane gukomezanya n’uyu mutoza, byarangiye ahisemo kwerekeza mu Burasirazuba.
‎Uyu mugabo asanzwe azwiho kugira ubunararibonye muri Shampiyona y'u Rwanda kuko uretse Bugesera FC, yatoje andi makipe atandukanye arimo Gicumbi FC, Kiyovu Sports, Vision FC ndetse na Etoile de l’Est FC.
‎Umukoro yahawe ni ugufasha Sunrise FC kwitwara neza no kuguma mu cyiciro cya mbere, dore ko yahaherukaga mu mwaka w’imikino wa 2023/2024 mbere y'uko imanuka.
‎Biteganyijwe ko uyu mutoza azahita atangira inshingano zo kubaka ikipe yitegura umwaka mushya wa Shampiyona y’u Rwanda iteganyijwe gutangira tariki ya 4 Nzeri 2026 ikazasozwa ku wa 30 Gicurasi 2027.
Comments (0)

No comments yet. Be the first to comment!

Leave a Comment
Trending Now