Ikipe y'Ingabo z'Igihugu ya APR FC yahisemo gutandukana n'abakinnyi batatu b'abanyamahanga barimo Mamadou Sy, Aliou Souané na Mohamadou Lamine Bah basoje amasezerano yabo, nyuma yo gusoza umwaka w'imikino wa 2025/2026 yegukanye ibikombe bitatu.
Iki cyemezo cyafashwe mu rwego rwo gukomeza kubaka no kuvugurura ikipe yitegura umwaka utaha w'imikino wa 2026/2027, uzatangirana n'irushanwa rya CECAFA Kagame Cup riteganyijwe kubera mu Rwanda kuva tariki ya 18 Nyakanga kugeza ku ya 8 Kanama 2026.
Aba bakinnyi bose basezerewe bari bamaze imyaka ibiri bakinira iyi kipe yambara umweru n'umukara, ariko bakaba batarabashije kubona umwanya uhagije wo gukina mu mwaka ushize.
Umunya-Mali Mohamadou Lamine Bah ukina hagati afasha abashaka ibitego yari yageze muri APR FC mu mpeshyi ya 2024, agira umwaka wa mbere mwiza, aho yatsinze ibitego bitanu anatanga imipira itandatu yavuyemo ibindi, ariko aza kubura umwanya wo kubanza mu kibuga mu mwaka we wa kabiri.
Rutahizamu w'Umunya-Mauritania Mamadou Sy na we yagize ibihe bigoye byo kubona umwanya imbere ya William Togui na Djibril Ouattara n'ubwo yatsinze ibitego bikomeye birimo icyo yatsinze Rayon Sports, mu gihe myugariro w'Umunya-Sénégal Aliou Souané yananiwe kumenera mu bwugarizi bwari buyobowe na Niyigena Clement na Nshimiyimana Yunusu.
Ku ruhande rw'abakinnyi b'Abanyarwanda basoje amasezerano, harimo abashobora kongererwa cyangwa bagatandukana n'ikipe barimo Ishimwe Pierre, Ruhamyankiko Yvan, Niyomugabo Claude, Nshimiyimana Yunussu, Ruboneka Bosco na Mugisha Gilbert.
Myugariro w’iburyo Byiringiro Jean Gilbert we ashobora kongererwa amasezerano mashya n'ubwo asigaje umwaka umwe muri iyi kipe.
Leave a Comment