Al Hilal SC yisubije umwanya wa mbere itsinze APR FC

Al Hilal SC yisubije umwanya wa mbere itsinze APR FC

Al Hilal SC yisubije umwanya wa mbere itsinze APR FC

Al Hilal SC yisubije umwanya wa mbere itsinze APR FC
‎Ikipe ya Al-Hilal SC yisubije umwanya wa mbere ku rutonde rwa Shampiyona y’u Rwanda, nyuma yo gutsinda APR FC ibitego 2-0 mu mukino w’ikirarane cy’Umunsi wa 15 utarabereye igihe, wabereye kuri Kigali Pelé Stadium i Nyamirambo kuri uyu wa Kabiri.
‎Uyu mukino wari utegerejwe na benshi kuko wahuzaga amakipe abiri ari imbere ku rutonde, warangiye Al-Hilal SC igize amanota 38 mu mikino 16 imaze gukina, ihita icaho APR FC yari imaze iminsi iyoboye, yo iguma ku manota 37 mu mikino 19 imaze gukina.
‎Umukino watangiye amakipe yombi asatirana, ariko Al-Hilal SC iza gufungura amazamu ku munota wa 23 ibifashijwemo na El Hadji Madicke Kane, wateye ishoti rikomeye kuri coup-franc, umunyezamu Hakizimana Adolphe ntiyabasha kuwukuramo.
‎Muri uyu mukino, APR FC yari yakoze impinduka mu izamu, aho Hakizimana Adolphe yabanje mu kibuga ku nshuro ya mbere mu marushanwa asimbuye Ishimwe Pierre uheruka gutsindwa ibitego bibiri ku mukino wa Bugesera FC, mu gihe Kapiteni Niyomugabo Claude atagaragaye kubera uburwayi.
‎Mu gice cya kabiri, APR FC yaje ishaka kwishyura, ndetse ibona uburyo butandukanye binyuze kuri Ruboneka Bosco na Djibril Ouattara, ariko ubusatirizi bw’Ikipe y’Ingabo z’Igihugu bunanirwa kuboneza mu izamu rya Mustafa Mohamed.
‎Ku munota wa 78, Al-Hilal SC yashimangiye intsinzi ibona igitego cya kabiri cyatsinzwe na Emmanuel Flomo, ku mupira wari uhinduwe na Girumugisha Jean Claude, umunyezamu Adolphe awukoraho gato, Flomo awusubizamo.
‎Umutoza wa Al-Hilal SC, yari yahisemo kuruhutsa bamwe mu bakinnyi be bakomeye muri uyu mukino, yitegura umukino w’ishiraniro wo gusoza amatsinda ya CAF Champions League uzabahuza na FC St-Eloi Lupopo yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku wa Gatandatu kuri Stade Amahoro.
‎Gutsinda uyu mukino bihaye Al-Hilal SC icyizere cyo gukomeza kuyobora Shampiyona nubwo igifite ibirarane byinshi itarakina ugereranyije na APR FC iri ku mwanya wa kabiri.




























































Share this article

Facebook Twitter LinkedIn WhatsApp Instagram
Trending Now