Imikino ya APR FC na Rayon Sports yabayeho impinduka

Imikino ya APR FC na Rayon Sports yabayeho impinduka

Imikino ya APR FC na Rayon Sports yabayeho impinduka

Imikino ya APR FC na Rayon Sports yabayeho impinduka
‎Ubuyobozi bw'Urwego rutegura Shampiyona y'Icyiciro cya Mbere mu Rwanda (Rwanda Premier League) bwashyize ahagaragara itangazo rimenyesha abakunzi b’umupira w’amaguru ko habaye impinduka ku masaha y’imikino ibiri y’umunsi wa 18 wa Shampiyona, iteganyijwe kubera kuri Kigali Pelé Stadium muri iki cyumweru.
‎Izi mpinduka zirareba imikino ibiri irimo uzahuza Gasogi United na APR FC uteganijwe kuri uyu wa Gatatu tariki ya 4 Gashyantare 2026, hamwe n’uzahuza AS Kigali na Rayon Sports ku wa Kane tariki ya 5 Gashyantare 2026. 
‎Iyi mikino yombi yagombaga gukinwa saa Kumi n’ebyiri z’umugoroba, yamaze kwigizwa imbere, aho yombi izatangira saa Cyenda z’igicamunsi .
‎Mu itangazo bashyize hanze, Rwanda Premier League yasobanuye ko izi mpinduka zatewe n’ikibazo cy’amatara acanira ikibuga cya Kigali Pelé Stadium, aho imirimo yo kuyasana no kuyatunganya iri gutwara igihe kirekire kirenza icyari cyateganyijwe.
‎Gasogi United iri ku mwanya wa 10 n’amanota 22, irakira APR FC iri ku mwanya wa gatatu n’amanota 33. 
‎Ikipe y’Ingabo z’Igihugu iraza gukina uyu mukino ishaka kwivana mu gahinda ko gutakaza igikombe cy’Intwari iheruka gutsindirwaho na Police FC kuri penaliti, ikaba isabwa amanota atatu kugira ngo ikomeze kugendana na Al Hilal SC iyoboye urutonde.
‎Kuri uyu mukino, ibiciro byo kwinjira ku munsi w'umukino, itike yo mu myanya isanzwe (General) ni 3,000 Frw, ahatwikiriye (Regular) ni 5,000 Frw, muri VIP ni 10,000 Frw naho muri VVIP ni 20,000 Frw.
‎Hashyizweho kandi uburyo bwo kugura amatike y’abantu batanu icyarimwe (Combo) mbere y’umukino, aho muri General bishyura 9,000 Frw, Regular ikaba 15,000 Frw naho VIP ari 30,000 Frw. Amatike araboneka hifashishijwe *669*6#.
‎Ku rundi ruhande, Rayon Sports iri ku mwanya wa cyenda n’amanota 26, iritegura guhura na AS Kigali nyuma y’iminsi itari yoroheye iyi kipe ikunzwe na benshi mu Rwanda. 
‎Rayon Sports yasubukuye imyitozo kuri uyu wa Kabiri nyuma y’iminsi itatu abakinnyi bayo bari bamaze baranze gukora imyitozo, basaba ubuyobozi kubishyura imishahara y’amezi abiri baberewemo.
‎Ku ruhande rwa AS Kigali iri ku mwanya wa 14 n’amanota 16, umwuka ni mwiza mu rwambariro mbere yo kwisobanura na Gikundiro. Visi Perezida wa AS Kigali, Kankindi Anne Lyse, yasuye abakinnyi mu myitozo yo kuri uyu wa Kabiri, abaremamo icyizere ndetse abasaba kwitwara neza muri uyu mukino.
‎Kuri uyu mukino ibiciro byashyizwe mu byiciro bibiri: Abagura mbere (Early Birds) n’abagura ku munsi w’umukino.
‎Abagura mbere barishyura 2,000 Frw muri General, 5,000 Frw muri Regular, 15,000 Frw muri VIP na 30,000 Frw muri VVIP.
‎Ku munsi w’umukino, ibiciro bizazamuka bibe 3,000 Frw muri General, 7,000 Frw muri Regular, 20,000 Frw muri VIP, mu gihe VVIP izaguma ari 30,000 Frw. Uburyo bwo kugura amatike kuri uyu mukino ni ugukanda *939*3*1#.
‎Muri rusange, Al Hilal SC iyoboye urutonde rwa Shampiyona n’amanota 35, igakurikirwa na Police FC ifite amanota 34, mu gihe amakipe nka AS Muhanga na Etincelles FC ari yo aheruka ayandi.

Share this article

Facebook Twitter LinkedIn WhatsApp Instagram
Trending Now