Umutoza Mukuru wa Bugesera FC, Banamwana Camarade, yashyize ahagaragara amayeri ya tekiniki yakoresheje kugira ngo abashe guhagarika ubusatirizi bwa APR FC, ibintu byatumye ikipe ye ibasha kwishyura ibitego bibiri yari yatsinzwe, umukino ukarangira amakipe yombi agabanye amanota.
Mu mukino w’umunsi wa 19 wa Shampiyona wabereye i Bugesera, iyi kipe yari yakiriye APR FC iyigora cyane, aho amakipe yombi yanganyije ibitego 2-2.
Nyuma y’umukino, Camarade yavuze ko nubwo APR FC ari ikipe ikomeye, ifite uburyo bwo gukina buzwi, iyo ubusesenguye neza.
Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, Camarade yavuze ko yize imikinire ya APR FC agasanga yubakiye ku gukoresha imipira ica mu mpande z’ikibuga, bityo umuti wo kuyihagarika akaba ari ugufunga izo nzira.
Yagize ati "APR ikinira kuri kabiri gatatu. Baro (imipira) zabo zose zica mu mpande. Iyo ubashije gufunga (block) impande zabo, urabishobora nyine ukayitsinda cyangwa byakwanga ikagutsinda."
Yakomeje avuga ko nubwo APR FC yabonye ibitego bibiri, abakinnyi be bashoboye gushyira mu bikorwa amabwiriza yo gufunga izo mpande, bituma bagaruka mu mukino bishyura ibitego bya Mamadou Sy na Djibril Ouattara, binyuze kuri Umar Abba na Byishimo Valoix.
Ikindi Camarade yagaragaje nk’iturufu yakoresheje, ni uburyo yateguyemo abakinnyi be mu mutwe. Yababwiye ko bagomba kubaha APR FC nk’ikipe nini, ariko bakirinda igihunga cyo kumva ko badashobora kuyitsinda.
Yasobanuye ati "Naberetse ko twubaha APR, tuyubahe nk'ikipe ikomeye. [Ariko] ntituze twumva ko ari ikipe natwe tuje gushaka gutsinda... Oya! Tuze tuyubahe, igitego isaha n'isaha cyaza. Twirinde kugendera ku gitutu."
Nubwo kunganya na APR FC ari umusaruro mwiza kuri Bugesera FC iri ku mwanya wa 12, Camarade yavuze ko atanyuzwe ijana ku ijana.
Yishimiye inota rimwe, ariko ahishura ko yari yabaze gutwara amanota atatu yose kugira ngo abone agahimbazamusyi.
Yagize ati "Nari nabaze ko, ubu Karibera [iba iri] mu modoka... amezi abiri ntagura Karibera kubera 'prime'. Ariko ntabwo bigenze neza."
Camarade yanagarutse ku mukino utaha uzabahuza na Gorilla FC. Yaciye amarenga ko uyu mukino uzaba ugoye kuko Gorilla FC ifite imbaraga zirenze izo mu kibuga gusa.
Yagize ati "Gorilla ni ikipe ifite imbaraga imbere mu kibuga no hanze yacyo... Z'imbere n'inyuma. Niteguye guhangana mu kibuga, ariko ibyo hanze yacyo byo sinabishobora."
Kunganya uyu mukino byatumye APR FC iguma ku mwanya wa mbere n’amanota 37, mu gihe Bugesera FC yagize amanota 21.


